skol

M23 yivuganye abarwanyi benshi ba RUD-Urunana inayikura mu gace imaranye imyaka 17

Yanditswe: Sunday 20, Nov 2022

featured-image

Umutwe wa M23 wirukanye umutwe wa RUD-Ururana mu gace ka Nyabanira yari imaze imyaka 17 igenzura, ndetse abarwanyi bayo 17 bahasiga ubuzima.
Nyuma y’imirwano ikomeye yahanganishije umutwe wa M23 n’inyeshyamba z’Abanyarwanda za RUD-urunana yari imaze iminsi ibiri, byarangiye RUD-urunana itakaje ibirindiro byayo byo muri CRAP.
Ikinyamakuru Rwanda Tribune dukesha iyi nkuru cyemeje ko imirwano yatangiye ku wa Kane taliki ya 17 Ugushingo 2022,aho Umutwe wa M23 bateye baturutse ahitwa Busanza (…)

Umutwe wa M23 wirukanye umutwe wa RUD-Ururana mu gace ka Nyabanira yari imaze imyaka 17 igenzura, ndetse abarwanyi bayo 17 bahasiga ubuzima.

Nyuma y’imirwano ikomeye yahanganishije umutwe wa M23 n’inyeshyamba z’Abanyarwanda za RUD-urunana yari imaze iminsi ibiri, byarangiye RUD-urunana itakaje ibirindiro byayo byo muri CRAP.

Ikinyamakuru Rwanda Tribune dukesha iyi nkuru cyemeje ko imirwano yatangiye ku wa Kane taliki ya 17 Ugushingo 2022,aho Umutwe wa M23 bateye baturutse ahitwa Busanza muri Gurupoma ya Binza muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Isoko y’amakuru ya Rwandatribune iri ahitwa Nyongera ivuga ko mu minsi ibiri ishize Umutwe wa wa CRAP ya RUD-Urunana ukuriwe na Maj. Nshimiyimana Cassien uzwi ku mazina ya Gavana, wagerageje kurwana kuri Nyabanira ariko birangira urushijwe ingufu n’abarwanyi ba M23 bagahunga.

Ababyiboneye n’amaso bavuga ko byibuze imirambo igera muri 17 ari yo yashyinguwe mu duce dutandukanye twa Nyabanira na Ngwenda.

Nyabanira ni agace gakize ubukungu bwako bishingiye ku buhinzi n’ubworozi kamaze imyaka kadakandagirwamo n’ingabo za Leta FARDC, kagenzurwa na RUD-Urunana.

Ikigo gukora ubushakashatsi Kivu Balometer kivuga ko uyu mutwe wa RUD-Uunana winjiza ibihumbi 27 by’amadorali ya Amerika buri kwezi ukura mu bikorwa by’ubuhinzi n’imisoro yakwa abaturage.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa