skol

M23 yiyemeje gusuzugura amahanga ikaguma mu bice yafashe

Yanditswe: Sunday 20, Nov 2022

featured-image

Mu gihe ibihugu bikomeye byasabye M23 kuva aho yafashe,abavugizi bayo batangaje ko badateze kuva aho bafashe na santimetero 1 nubwo babisabwa kajana.
Umutwe wa M23 umaze gufata ibice binini bya Kivu ya Ruguru ndetse iracyakomeje gufata utundi cyane ko igihanganye na FARDC na magingo aya.
Umuvugizi wa M23,Willy Ngoma yabwiye BWIZA TV ati "Ntidushobora gusubira inyuma na santimetero imwe.Ntibishoboka icyo cyo ucyemere ko tudashobora gutsimbuka.
Haribazwa niba M23 yaba igiye kongera (…)

Mu gihe ibihugu bikomeye byasabye M23 kuva aho yafashe,abavugizi bayo batangaje ko badateze kuva aho bafashe na santimetero 1 nubwo babisabwa kajana.

Umutwe wa M23 umaze gufata ibice binini bya Kivu ya Ruguru ndetse iracyakomeje gufata utundi cyane ko igihanganye na FARDC na magingo aya.

Umuvugizi wa M23,Willy Ngoma yabwiye BWIZA TV ati "Ntidushobora gusubira inyuma na santimetero imwe.Ntibishoboka icyo cyo ucyemere ko tudashobora gutsimbuka.

Haribazwa niba M23 yaba igiye kongera kuraswa n’ibihugu byinshi nkuko byagenze 2013 cyane ko yatangaje ko icyo ishaka ari ibiganiro na Leta ya RDC.

Perezida Kagame yemeye gutanga ubufasha mu kuganiriza M23 igashyira intwaro hasi ndetse ikava aho yafashe byihutirwa.

Imirwano itoroshye ku mpande zombi iri kubera ahazwi nka 3 Antennes ku musozi wa Murinyundo muri Ruhunda.

Umuvugizi wa M23 ishami rya Politiki, Lawrence Kanyuka abinyujije kuri Twitter yavuze ko Leta ya Congo idashaka amahoro bityo barakomeza kuba mu mirwano.

Yavuze ko muri iyi mirwano nk’ibisanzwe bateraniwe n’ihuriro rya FARDC, FDLR, NYATURA, ACPLS na MAI-MAI.

Lawrence Kanyuka yasoje avuga ko “M23 ifite uburenganzira bwo kwirwanaho no kurinda abaturage bacu.”

Amakuru aturuka i Kibumba avuga ko Ingabo za Leta n’abo bafatanyije bashatse gushushubikanya M23 nyuma y’ubusabe bw’ibihugu bikomeye y’uko hubahirizwa amasezerano ya Nairobi na Luanda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa