Macron yasabye Israel kureka gusuka ibisasu ku mpinja n’abagore muri Gaza
Yanditswe: Saturday 11, Nov 2023
Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron yabwiye itangazamakuru ko Israel igomba kureka kwica impinja n’abagore muri Gaza.
Mu kiganiro yahaye BBC mu biro bye bya Élysée, yavuze ko "nta gisobanuro gihari" cyo kurasa ibisasu, avuga ko Israel yakungukira mu gahenge.
Nubwo yemera uburenganzira bwa Israel bwo kwirinda, yagize ati: "Rwose tubashishikarije guhagarika uku kurasa ibisasu" muri Gaza.
Ariko yanashimangiye ko Ubufaransa "bwamagana mu buryo bugaragara" ibikorwa "by’iterabwoba" bya Hamas.
Abajijwe niba ashaka ko abandi bategetsi - barimo n’ab’Amerika n’Ubwongereza - bifatanya na we mu gusaba ko habaho agahenge, yasubije ati: "Nizeye ko bazabikora [bazifatanya nanjye]."
Israel ivuga ko irasa ahari ibikorwa bya gisirikare kandi ko ikurikiza amategeko mpuzamahanga ndetse igafata ingamba zo kugabanya abasivile bapfa n’abakomereka, harimo nko kubaburira mbere y’ibitero byayo no gusaba abantu guhunga.
Macron, wavugaga nyuma y’umunsi habaye inama mu murwa mukuru Paris ku mfashanyo yo kugoboka imbabare mu ntambara yo muri Gaza, yavuze ko "umwanzuro ugaragara" wa za leta zose n’ibigo byari muri iyo nama ari uko "nta kindi gisubizo gihari kitari mbere guhagarika [imirwano] kugira ngo hakorwe ubutabazi, kujya ku gahenge, ibyo bizatuma [turinda] habaho kurinda... abasivile bose badafite aho bahuriye n’abakora iterabwoba".
"Uko bimeze - uyu munsi, abasivile baraswaho ibisasu - ni ko bimeze. Izi mpinja, aba bagore, aba bantu bageze mu zabukuru baraswaho ibisasu bakicwa. Rero nta mpamvu y’ibyo kandi nta shingiro bifite. Rero rwose dushishikarije Israel guhagarika."
Yavuze ko atari inshingano ye kuvuga niba amategeko mpuzamahanga yarahonyowe.
Mu gutangira avuga kuri Gaza, Macron yavuze ko Ubufaransa "bwamagana mu buryo bugaragara" ibitero bya Hamas byo ku itariki ya 7 Ukwakira (10) uyu mwaka, byateje iyi ntambara. Abagabo bitwaje imbunda bo muri Hamas bishe abantu bagera hafi ku 1,200 ndetse bashimuta abandi 240, muri icyo gitero cyambukiranya umupaka kitari cyarigeze kibaho mbere, Hamas yagabye kuri uwo munsi.
Macron yagize ati: "Rwose twifatanyije [na Israel] mu kababaro. Kandi rwose twifatanyije na bo mu bushake bwo kwikiza [gukuraho] iterabwoba. Mu Bufaransa tuzi icyo iterabwoba risobanuye." Ariko yavuze ko "nta gisobanuro gihari" ku kurasa ibisasu gukomeje kubaho ku basivile bo muri Gaza.
Ati: "Ni ingenzi cyane kuri twebwe twese kubera amahame yacu, kubera ko turi ubutegetsi bwa demokarasi. Ni ingenzi no mu gihe kiri imbere ku mutekano wa Israel ubwayo, kwemera ko ubuzima bwose bufite agaciro."
Ariko Macron yavuze ko atemera ko uburyo bwiza cyane kuri Israel bwo "kurinda [kwirinda] ari ukurasa ibisasu byinshi kuri Gaza", avuga ko birimo guteza "inzika n’ibyiyumviro bibi" mu karere bizatuma amakimbirane akomeza.
Nyuma y’ukwezi Israel imaze imisha ibisasu kuri Gaza na nyuma y’ibyumweru hafi bibiri igabye igitero kinini cyo ku butaka muri Gaza, ku wa gatanu minisiteri y’ubuzima igenzurwa na Hamas muri Gaza yavuze ko abantu 11,078 bamaze kwicwa kugeza ubu, mu gihe abandi miliyoni 1.5 bahunze bagata ingo zabo.
Israel yavuze ko izatangira kujya ihagarika ibikorwa bya gisirikare mu gihe cy’amasaha ane buri munsi mu bice bimwe byo mu majyaruguru ya Gaza, mu gihe ikomeje igitero cyayo.
Ariko minisitiri w’ingabo wa Israel yashimangiye ko uko guhagarika ibikorwa bya gisirikare kuzajya kuba "mu duce runaka" kandi ko "kutazarangaza ku kurwana intambara".
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *