skol

Niger: Abahiritse ubutegetsi bakangishwa kugabwaho ibitero ngo bazihimura bica Bazoum

Yanditswe: Friday 11, Aug 2023

featured-image

Abasirikare bahiritse ku butegetsi Mohamed Bazoum wahoze ari Perezida wa Niger, babwiye umudipolomate ukomeye wa Amerika ko bashobora kumwica mu gihe Ingabo z’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Uburengerazuba (CEDEAO) zaba ziteye kiriya gihugu zigerageza kumubohoza.

Aba basirikare babitangarije Ibiro Ntaramakuru Associated Press by’Abanyamerika, nyuma gato y’uko CEDEAO yari imaze gutegeka ko Ingabo zayo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye zoherezwa muri Niger.

Ni icyemezo uriya muryango wafashe nyuma y’uko nyirantarengwa y’icyumweru kimwe bariya basirikare bari barahawe ngo babe baramaze gusubiza Bazoum ubutegetsi bwe yamaze kurenga.

Muri iki cyumweru ubwo Minisitiri wungirije w’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Victoria Nuland yasuraga Niger, ni bwo agatsiko k’abasirikare bahiritse ubutegetsi kamubwiye ko Bazoum azicwa mu gihe kiriya gihugu cyaba kigabweho ibitero.

Ni amakuru yanemejwe n’umwe mu bayobozi ba Amerika wirinze ko AP itangaza amazina ye.

Amerika ku rundi ruhande iheruka kuburira bariya basirikare ko bashobora kuyisunikira kugaba ibitero kuri Niger, mu gihe bakomeza kwinangira ku kurekura Bazoum n’Umuryango we ndetse no kumusubiza ubutegetsi bwe.

Ni ubusabe kugeza ubu abasirikare bayobowe na Général Abdourahamane Tchiani badakozwa, ndetse mu gisa no kwitegura intambara aba baheruka gufunga ikirere cya Niger.

Aba basirikare kandi baheruka gushinga Guverinoma nshya ya Niger, ibisobanura ko nta gahunda bafite yo kuba basubiza Bazoum ubutegetsi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa