skol

Nigeria: Ubushyamirane hagati y’abashumba n’abahinzi bwaguyemo abasaga 30

Yanditswe: Thursday 18, May 2023

featured-image

Muri Leta ya Plateau yo muri Nigeria, abantu basaga 30 bapfuye baguye mu bushyamirane bwabaye hagati y’abahinzi n’abashumba b’inka.

Komiseri ushinzwe amakuru n’itumanaho muri iyo Leta, Dan Manjang, yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 16 Gicurasi 2023, ubwo bushyamirane bwaguyemo abantu 30 biturutse ku guhangana kwabaye hagati y’abahinzi n’abashumba b’inka.

Ibice by’Amajyaruguru y’Uburengerazuba bwa Nigeria, bikunze kurangwamo ubushyamirane n’intambara zishingiye ku butaka ndetse no ku mazi.

Aha muri Nigeria, imvururu za hato na hato ni kimwe mu bibazo by’umutekano, bikomeye bigomba kuzitabwaho na Perezida watsinze amatora muri icyo gihugu, Bola Tinubu, namara kugera ku butegetsi mu mpera z’uku kwezi kwa Gicurasi 2023.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa