skol

Nijeriya: Abantu 43 bari barashimuswe n’abitwaje intwaro barekuwe

Yanditswe: Friday 09, Sep 2022

featured-image

Igiporisi muri Nijeriya kivuga ko abantu 43 bari barashimuswe bakuwe mu musigiti muri leta ya Zamfara, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’igihugu barekuwe.

Igiporisi muri Nijeriya kivuga ko abantu 43 bari barashimuswe bakuwe mu musigiti muri leta ya Zamfara, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’igihugu barekuwe.

Icyakora ngo umwe muribo yahasize ubuzima nyuma yo gukorerwa iyica rubozo muri gereza aho bari babafungiye.

Igiporisi kivuga ko kirimo gushakisha abo bagabo bitwaje intwaro bahinjwa ubwo bugizi bwa nabi. Ubwo bateraga uwo musigiti, biyoberanije bigira nk’abayoboke b’idi ku munsi wo kuwa w’amasengesho.

Umuvugizi w’igiporisi muri iyo reta ya Zamfara, Mohammed Shehu, yemereye Ijwi rya Amerika kuri terefone ko abo bantu ubu bidegembya. Yavuze kandi ko abategetsi b’igiporisi bohereje abaporisi bagamije gukumira ko ibitero nk’ibyo bizongera.

Icyakora ntiyavuze nimba haba hari amafaranga yabanje gutangwa imbere y’uko barekurwa.

Abo bayoboke b’idini rya kiyisilamu bashimuse abaturage ku itariki ya 2 y’uku kwezi kwa 9 muri uyu mwaka, ubwo bari mu masezerano ngaruka cyumweru.

Abategetsi ba Nijeriya bamaze imyaka bagerageza guhagarika ubwicanyi hamwe no gushimuta abantu bikomeje kwigaragaza mu majyepho ashyira uburengerazuba bwo hagati.

Gusa ngo igipolisi ntikizongera gutanga ikiguzi icyo aricyo cyose cyatuma uyu mutwe w’ibyihebe wumva ko leta iwiguraho kugirango irekure abo iba yashimuse.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa