Amakuru ava muri Nijeriya yemeza ko ababarirwa muri 24 aribo bimaze kumenyekana ko bapfuye,abandi bake baburirwa irengero.
Ni nyuma y’uko bwato bwari butwaye abahinzi mu mirima yabo burohamye mu mugezi rwagati muri Nijeriya kuri iki cyumweru twaraye dusoje.
Ubwo bwato bwari butwaye abahinzi barenga ijana bariho bambuka uruzi rwa Nijeri bagana mu mirima yabo iri hakurya yarwo.
Garba Salihu, ayoboye ikigo cy’igihugu gishinzwe ubutabazi , yavuze ko muri iki gihe imirambo 24 yamaze gutoragurwa , abandi 30 baratabawe mu gihe ubwato bwari bwikoreye abagera mu 100 bose hamwe.gusa gushakisha ababuze birakomeje.
Kuwa gatanu w’iki cyumweru twasoje abandi bantu 10 basomye nkeri barapfa, naho batatu baburirwa irengero. Ni nyuma y’aho ubwato bwari butwaye abantu 23 berekezaga ku isoko bwarohamye mu kiyaga cya Njuwa giherereye mu ntara ya Adamawa iri mu burengerazuba bwa Nijeriya.
Impanuka z’ubwato mu nzuzi zo muri Nijeriya ni ibintu biba kenshi. Kenshi biva ku bwato buba butwaye umubare munini w’abantu uburusha ibiro ,nyamara nti buba bunujuje ibasabwa bijyanye n’akazi baba bariho bakora.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *