skol

Nijeriya:Umunyamakuru wari waburiwe irengero yasanzwe yapfuye

Yanditswe: Friday 22, Sep 2023

featured-image

Hamisu Danjibga wahoze ari umunyamakuru ukunzwe kuri Radio ya Nijeriya yasanzwe yapfiriye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’intara ya Zamfara nyuma y’iminsi 3 aburiwe irengero.

Danjibga yari umunyamakuru kuri radio Ijwi rya Nijeriya , Voice of Nigeria (VON) aho yavugiraga abatuye Zamfara bamaze igihe bugarijwe n’umutekano mucye kandi urugomo rugakomeza gufata indi ntera muri ako gace.

Byari byatangajwe ko yaburiwe irengero mu ntangiriro z’iki cyumweru kuwa mbere, nyuma aza gusangwa mu kimoteli kiri hafi y’iwe yishwe.

Radio yakoreraga ya VON mu itangazo yasohoye yavuze ko umunyamakuru wayo yari yashimuswe n’ibyihebe byarangiye binamwivuganye .

Ihuriro ry’Abanyamakuru muri Nigeria (Union of Journalists:NUJ) kimwe n’ibitangazamakuru byigenga muri iki gihugu byamaganye ubwicanyi bwakorewe mugenzi wabo Danjibga.

Ubutegetsi bw’intara ya Zamfara yiciwemo uyu munyamakuru binyuze muri Guvverineri wabo, Dauda Lawal yategetsi inzego z’umutekano gukora iperereza ryihuse kuri ubwo bwicanyi.

Inshuti za nyakwigendera Danjibga zikomeje kwamamaza ibiganiro bye no kumuha icyubahiro mu kazi gakomeye bivugwa ko yakoreye abenegihugu muri Nigeriya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa