OIM ishinzwe abimukira yatangaje ko mu mezi 6 gusa abasaga miliyoni bamaze guhunga East RDC
Yanditswe: Monday 19, Jun 2023
Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe abimukira, IOM, watangaje ko kuva uyu mwaka watangira, impunzi zisaga miliyoni zimaze guhunga Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Izo mpunzi zahunze ubugizi bwa nabi n’amakimbirane amaze igihe muri icyo gice, aterwa n’imitwe yitwaje intwaro.
IOM kandi yatangaje ko abandi bantu bagera kuri miliyoni 6,1 muri Congo, bavuye mu byabo guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka.
Uwo muryango watangaje ko ubuzima bw’izo mpunzi bukomeje kuba bubi ku buryo abenshi bafite ikibazo cy’ibiribwa n’ibindi byangombwa nkenerwa.
Abaturage bahunze cyane ni abo mu ntara za Ituri na Kivu y’Amajyaruguru, mu gihe abandi bagiye babura ubuzima kubera ubugizi bwa nabi bw’imitwe yitwaje intwaro.
Muri Congo yose IOM ivuga ko hari abaturage basaga miliyoni 26 bakeneye ubutabazi bwihuse.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *