skol

Pakistan yagabye ibitero kuri Iran yaherukaga kuyikora mu jisho

Yanditswe: Thursday 18, Jan 2024

featured-image

Pakistan yagabye ibitero bya misile muri Iran, bihitana abantu icenda,nyuma y’aho Iran igabiye igitero muri icyo gihugu ku wa kabiri nimugoroba.

Pakistan ivuga ko ibitero byayo byari bigamije kurasa "ahihishe abitwaje iterabwoba" mu majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Iran, mu ntara ya Baluchestan.

Iran yamaganye icyo gitero, yavuze ko cyahitanye abagore batatu, abagabo babiri hamwe n’abana bane.

Uko gusubizanya mu bitero bibaye mu gihe hari ubushyamirane bukaze mu burasirazuba bwo hagati, hakaba hari intambara z’urudaca.

Israel irimo kurwana n’umutwe w’abanya Palestine, Hamas, mu karere ka Gaza, ari na ko irasana n’umutwe wa Hezbollah wo muri Libani, ufashwa na Iran.

Imitwe ifashwa na Iran yo muri Irak na Syria na yo iri kugaba ibitero ku ngabo za Amerika, mu gihe Amerika na yo ifatanyije n’Ubwongereza yarashe umutwe w’aba Houthis ufashwa na Iran muri Yemen, umaze iminsi ugaba ibitero ku mato.

Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Pakistan ivuga ko ibitero by’icyo gihugu mu nkengero z’umujyi wa Saravan byakozwe bigendeye ku "makuru y’iperereza yemeza ko harimo harategurwa ibitero by’iterabwoba ku rugero runini" yongeraho ko "bubaha nta gushidikanya ubwigenge " bw’igihugu cya Iran.

Mu itangazo ryacyo, igisirikare cya Pakistan cyavuze ko "ibitero bidahusha" byabaye hakoreshejwe drone, rokete na misile zirasa kure, bakaba bayohereje ku mtwe ya Balochistan Liberation Army na Balochistan Liberation Front..

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa