Perezida Macron yavuze ku ntambara yo muri RDC ikomeje guca ibintu
Yanditswe: Tuesday 28, Feb 2023
Kuri uyu wa mbere, Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko ubumwe, ubusugire n’ubudahanga bw’ubutaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) "bidashidikanywaho" kandi ko intambara yibasiye iburasirazuba bw’iki gihugu cya Afurika yo hagati "itagomba kwibagirana".
Bwana Macron yagize ati: "Turimo kwibonera isubira inyuma ridakwiriye mu burasirazuba bwa DRC."
Yagize ati: "Ibitero by’umutwe wa M23 ni intambara idusubiza inyuma imyaka icumi, igira ingaruka mbi ku (…)
Kuri uyu wa mbere, Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko ubumwe, ubusugire n’ubudahanga bw’ubutaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) "bidashidikanywaho" kandi ko intambara yibasiye iburasirazuba bw’iki gihugu cya Afurika yo hagati "itagomba kwibagirana".
Bwana Macron yagize ati: "Turimo kwibonera isubira inyuma ridakwiriye mu burasirazuba bwa DRC."
Yagize ati: "Ibitero by’umutwe wa M23 ni intambara idusubiza inyuma imyaka icumi, igira ingaruka mbi ku baturage".
Inyeshyamba za M23, zari zimaze imyaka isaga icumi zisinziriye, zongera gufata intwaro mu mpera za 2021, kuva icyo gihe zafashe uduce twinshi two mu burasirazuba bwa DRC.
Kinshasa ishinja u Rwanda ko rushyigikiye uyu mutwe,ariko u Rwanda n’uyu mutwe barabihakana.
Perezida w’Ubufaransa, yagize ati: "Ubumwe, ubusugire, ubudahangarwa bw’ubutaka bwa Kongo ntibishidikanywaho".
Bwana Macron yakomeje agira ati: "Ikibazo cya mbere cyihutirwa n’ikiremwamuntu kandi turimo kugikoraho n’abafatanyabikorwa bacu b’i Burayi", akomeza avuga ko "yizeye ko igisubizo kigomba kuba gukorera hamwe".
Yasoje avuga ko "Intambara yo mu burasirazuba bwa DRC ntigomba kuba intambara yibagiranye".
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *