Perezida Ruto yahaye ibendera ingabo za Kenya zoherejwe muri DR Congo
Yanditswe: Wednesday 02, Nov 2022
Perezida William Ruto yahaye ibendera umukuru wa batayo y’ingabo za Kenya igiye mu mutwe w’ingabo z’akarere wo kurwanya inyeshyamba zitwaje intwaro mu burasirazuba bwa DR Congo.
Izi ngabo, zigera ku 1,000 nk’uko umuvugizi w’ingabo yabivuze, biteganyijwe ko zihita zihaguruka zerekeza mu burasirazuba bwa DR Congo.
Aho hasanzwe hariyo ingabo z’u Burundi (mu ntara ya Kivu y’Epfo) n’iza Uganda (mu ntara ya Ituri), zagiyeyo ku bwumvikane bwa leta z’ibyo bihugu.
Abasirikare ba Kenya bagiye (…)
Perezida William Ruto yahaye ibendera umukuru wa batayo y’ingabo za Kenya igiye mu mutwe w’ingabo z’akarere wo kurwanya inyeshyamba zitwaje intwaro mu burasirazuba bwa DR Congo.
Izi ngabo, zigera ku 1,000 nk’uko umuvugizi w’ingabo yabivuze, biteganyijwe ko zihita zihaguruka zerekeza mu burasirazuba bwa DR Congo.
Aho hasanzwe hariyo ingabo z’u Burundi (mu ntara ya Kivu y’Epfo) n’iza Uganda (mu ntara ya Ituri), zagiyeyo ku bwumvikane bwa leta z’ibyo bihugu.
Abasirikare ba Kenya bagiye kuba mu mutwe w’ingabo z’akarere zizafasha mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro.
Igitekerezo cyo kohereza umutwe w’ingabo z’akarere cyatanzwe kinemezwa mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka.
Icyo gihe, Uhuru Kenyatta wari Perezida wa Kenya - ubu ni intumwa ya Kenya ku mahoro mu karere - yari yatumije inama i Nairobi y’abategetsi bo mu muryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC) yiga ku kugarura amahoro mu burasirazuba bwa DR Congo.
Kenya yatoranyijwe kuyobora ibikorwa byo mu rwego rwa gisirikare na diplomasi byo muri urwo rwego.
Ubu ni bwo bwa mbere umuryango wa EAC wohereje abasirikare mu gihugu kinyamuryango.
Ubu butumwa bw’uyu mutwe wo mu ngabo z’akarere bugiye kuba ikizamini ku bushobozi bwa EAC bwo gucyemura ibibazo by’urusobe bya politiki n’umutekano.
Umutwe (brigade) w’abasirikare ba Kenya wari woherejwe muri DR Congo mu mwaka ushize ku butumire bwa Perezida wa DR Congo Félix Tshisekedi, warahavuye usubira muri Kenya.
BBC

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *