Perezida Tshisekedi yemeje ko FDLR itabangamiye u Rwanda anahishura ahazaza ha M23
Yanditswe: Friday 14, Apr 2023
Perezida Felix Tshisekedi wa DR Congo yatangaje ko umutwe wa FDLR utakiri ikibazo ku Rwanda kuko abawugize basigaye ari bake bityo ngo u Rwanda rugomba kureka kuwugira urwitwazo.
Yabivuze kuri uyu wa kane mu kiganiro n’abanyamakuru mu ruzinduko rwa Perezida Alain Berset w’Ubusuwisi arimo i Kinshasa.
Mu byo yabwiye abanyamakuru Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gufasha M23 “rwitwaje kurwanya FDLR”. U Rwanda rwahakanye ko rufasha M23.
Tshisekedi yagize ati: “FDLR, ni abarwanyi [bacye] (…)
Perezida Felix Tshisekedi wa DR Congo yatangaje ko umutwe wa FDLR utakiri ikibazo ku Rwanda kuko abawugize basigaye ari bake bityo ngo u Rwanda rugomba kureka kuwugira urwitwazo.
Yabivuze kuri uyu wa kane mu kiganiro n’abanyamakuru mu ruzinduko rwa Perezida Alain Berset w’Ubusuwisi arimo i Kinshasa.
Mu byo yabwiye abanyamakuru Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gufasha M23 “rwitwaje kurwanya FDLR”. U Rwanda rwahakanye ko rufasha M23.
Tshisekedi yagize ati: “FDLR, ni abarwanyi [bacye] basigaye uyu munsi ahubwo bateje ikibazo RDC gusa, kuko babaye abo gufunga imihanda. Ntibagitera na busa u Rwanda kandi ntibagifite impamvu ya politike yo kurwanya u Rwanda. Ahubwo ni ku nyungu zindi zitari yo [FDLR] u Rwanda rwadushojeho intambara.”
Umutwe wa FDLR wo kenshi utangaza impamvu zawo zituma urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda. Kugeza mu 2019 wagiye ugaba ibitero byahitanye abantu.
Mu mirwano yabaga mu mwaka ushize ya M23 n’ingabo za DR Congo, abategetsi b’u Rwanda bashinje ingabo za Congo gufatanya na FDLR kurasa mu Rwanda no kugerageza guhungabanya umutekano.
Uburasirazuba bwa DR Congo bwugarijwe n’ikibazo cy’imitwe yitwaje intwaro irenga 100.
M23 ishinja leta ya DR Congo gukorana n’imwe muri yo, harimo na FDLR, gufatanya na yo kuyirwanya. Ibyo leta ya Kinshasa yahakanye.
Ibihugu by’u Burundi, Kenya, Sudani y’Epfo na Uganda byohereje ingabo zo kurinda ibice byari byarafashwe na M23 mu gihe ibihugu by’akarere birimo gushaka umuti w’aya makimbirane yatumye abantu barenga ibihumbi 500 bahunga ingo zabo muri Kivu ya ruguru.
Tshisekedi yavuze kandi ko batazigera baganira na M23 kandi ko mu gusubira inyuma kwayo abarwanyi bayo bagomba guhurizwa i Kitchanga nyuma bakajyanwa i Kindu mbere yo gusubizwa mu buzima busanzwe bakaba abasivile.
Ibi ngo byemejwe mu biganiro by’amahoro ko abo barwanyi bagomba “kubanza kujya i Kitchanga” muri Kivu ya ruguru nyuma “bakurizwa indege ibajya i Kindu” umujyi uri mu burengerazuba mu ntara ya Maniema aho “bazasubirizwa mu buzima busanzwe n’ingabo za Angola zizoherezwa vuba muri RD Congo”.
BBC
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *