Polisi n’abigaragmbya bakozanyijeho i Marseille mu kavuyo gakomeje mu Bufaransa
Yanditswe: Sunday 02, Jul 2023
Polisi n’abari mu myigaragambyo bakozanyijeho mu mujyi wa Marseille, mu gihe iki gihugu cyahanganye n’ijoro rya gatanu ry’imvururu zatewe n’urupfu rw’umuhungu wishwe na polisi arashwe yegerewe.
Amashusho yagaragaje polisi ikoresha imyuka iryana mu maso, mu gihe abategetsi bavuga ko abantu nibura 56 batawe muri yombi muri uwo mujyi wo mu majyepfo y’Ubufaransa.
Ariko kuba rwagati mu murwa mukuru Paris hoherejwe abapolisi benshi, bigaragara ko byaciye intege imyigaragambyo yaho.
Mbere yaho ku wa gatandatu, imbaga y’abantu yitabiriye gusezera kuri Nahel M, Umufaransa ufite inkomoko muri Algeria wari ufite imyaka 17, wishwe ubwo yari atwaye imodoka ava aho yari yahagaritswe.
Uwo muhango wabereye mu musigiti w’i Nanterre mu nkengero ya Paris.
Imijyi myinshi yo mu Bufaransa yabayemo akavuyo kuva ku wa kabiri, nyuma yuko ubwo bwicanyi bubaye i Nanterre.
Mu butumwa bwo kuri Twitter, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu w’Ubufaransa Gérald Darmanin yashimye abashinzwe umutekano ku "gikorwa gihamye" cyabo cyatumye habaho "ijoro rituje kurushaho".
Abapolisi bagera ku 45,000 boherejwe mu bice bitandukanye by’igihugu ku wa gatandatu, mu ijoro rya kabiri hagabwe nk’abo.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yavuze ko kugeza saa cyenda na 30 z’ijoro (03:30) ku isaha yaho – ari na yo yo mu Rwanda no mu Burundi – abantu 486 bari bamaze gutabwa muri yombi.
Abantu barenga 1,300 batawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa gatanu, naho abarenga 900 batawe muri yombi ku wa kane.
Nahel yarashwe nyuma yo kwanga guhagarara aho ibinyabiziga bigaharikirwa, apfa nyuma yuko serivisi z’ubutabazi bwihuse zari zimaze kuhagera.
Videwo, yahererekanyijwe ku mbuga za internet mu masaha yakurikiye urupfu rwe, yerekana abapolisi babiri bagerageza guhagarika imodoka ndetse umwe muri bo atunga intwaro ye ku mushoferi uyitwaye.
Umupolisi warashe isasu ryishe Nahel yamaze kuregwa kwica umuntu ku bushake ndetse yasabye imbabazi umuryango wa Nahel. Umwunganizi we mu mategeko yavuze ko umukiliya we byamubabaje cyane.
Urupfu rwa Nahel rwongeye kubyutsa impaka ku myitwarire ya polisi mu Bufaransa, harimo no ku itegeko ritavugwaho rumwe ryo mu 2017 ryemerera abapolisi kurasa igihe umushoferi arenze ku itegeko ryo guhagarara.
Muri rusange, urupfu rwe rwateje kwibaza ku ivanguramoko muri polisi y’Ubufaransa. Ibiro by’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku burenganzira bwa muntu byavuze ko izi mvururu ari amahirwe Ubufaransa bubonye yo "gukemura ibibazo byimbitse [bishinze imizi] by’ivanguramoko mu bashinzwe umutekano".
Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron ku wa gatanu yamaganye urugomo "mu buryo bukomeye bushoboka", avuga ko urupfu rwa Nahel rwakoreshejwe nk’urwitwazo rwo gukora urugomo – avuga ko ari "ugukoresha kutakwihanganirwa kw’urupfu" rwa Nahel.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *