RDC:Ibishya ku bwicanyi abasirikare barinda Tshisekedi bakoreye i Goma
Yanditswe: Wednesday 11, Dec 2024
Umuryango Amnesty International uharanira uburenganzira bwa muntu, watanze imibare mishya y’abaguye mu bwicanyi abasirikare bo mu mutwe urinda Perezida Félix Antoine Tshisekedi bakoreye mu mujyi wa Goma.
Ni ubwicanyi bwabaye ku wa 30 Kanama 2023 umwaka ushize ubwo abasirikare bari bayobowe na Col Mike Makombe biraraga mu baturage barimo bigaragambya bamagana Ingabo za MONUSCO, bakabarasamo urufaya rw’amasasu.
Imibare yatanzwe n’inzego z’ubuyobozi ivuga ko abaturage 56 ari bo baguye muri ubu bwicanyi, na ho ababarirwa muri 70 barakomereka.
Ni ubwicanyi kandi bwasize Colonel Makombe na bagenzi be bakatiwe urwo gupfa nyuma yo guhamywa buriya bwicanyi.
Amnesty International ivuga ko ubushakashatsi yakoze bwerekana ko umubare w’abishwe ugera ku bantu 102.
Uyu muryango wunzemo ko buriya bwicanyi ntaho buhuriye n’ibivugwa na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ivuga ko yakumiraga kuba inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 zatera Umujyi wa Goma.
Uti: “Ubushakashatsi bwa Amnesty International burerekana ko ubu bwicanyi atari ukwibeshya kwa bamwe mu basirikare b’ibihazi nk’uko abayobozi babitanzeho urwitwazo, ahubwo ni umusaruro w’uruhuri rw’ibikorwa bikorwa hitwajwe kuburizamo igitero gishoboka cy’inyeshyamba za M23 zishyigikiwe n’u Rwanda, ku mujyi wa Goma.”
Amnesty International yasabye ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) gukora iperereza kuri ubu bwicanyi; ibyo yanasabye Leta ya RDC yanahaye umukoro wo kuburyoza ababugizemo uruhare bose.
Uyu muryango kandi wasabye Perezida Tshisekedi guhagarika Lt Gen Constant Ndima Kongba wari Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ubwo buriya bwicanyi bwakorwaga, cyo kimwe na Major Peter Kabwe Ngandu uri mu bakuriye abasirikare babukoze.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *