RDC: Ihuriro ry’Abanyamakuru ryanenze M23 yahagaritse Ikiganiro cy’Impunzi
Yanditswe: Saturday 22, Jul 2023
Muri Repubulika ya demokarasi ya Kongo, abanyamakuru bahunze imirwano mu teritware za Masisi na Rutshuru na Masisi baranenga ihagarikwa ry’ikiganiro kivuga ku bibazo by’impunzi cyitwa ’Sauti ya Wahami’.
Iki kiganiro cyumvikanaga kuri radiyo zirenga 34 zigenga n’iza leta zikorera mu teritware ya Rutshuru na Masisi kiza guhagarikwa n’ubuyobozi bw’inyeshyamba za M23.
Aba banyamakuru basura impunzi bakazibaza ubuzima zibayemo ndetse bakibanda no ku nkuru zicukumbuye zivuga uko imirwano ihagaze.
Guhagarika iki kigani byafashwe n’Abanyamakuru bahunze nko kubangamira uburenganzira bw’itangazamakuru bigizwemo uruhare na M23.
Uyu mutwe wabwiye Abanyamakuru ko uzongera gukora icyo kiganiro azakurikiranwa byihariye n’inzego za M23. Bavuga ko hari impungenge zo kumenyesha no gutangaza amakuru ku baturage b’igihugu bugarijwe n’intambara mu burasirazuba bwa RD Congo.
Ikiganiro ’Sauti ya Wahami’.cyahagaritswe mu duce twose tugenzurwa na M23, aho ikumira umunyamakuru wese waza kugikora kuko ngo kibiba amacakubiri aho kuvugira abaturage nk’uko bivugwa.
Binyuze mu muvugizi wa M23 ushinzwe ibya Politiki Laulance Kanyuka, yavuze ko abo banyamakuru icyo bagamije ari ukubiba u rwango mu baturage bababwira ko uri kurwana ari umuturanyi wabo aho kuba M23.
Ati “ Abanyamakuru bari gukwirakwiza ibihuha aho gufasha abaturage kumenya neza ibiri kubera ku rubuga rw’intambara. Bavuga ko ari u Rwanda rurwana na RDC aho kuba M23”
Uyu mutwe urateganya ibiganiro n’abahagarariye itangazamakuru muri ako gace ngo batange umurongo w’uburyo bw’imikoranire ihamye.
VOA
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *