skol

RDC imerewe nabi na M23 yashyizwe ku mwanya 8 mu bihugu bifite igisirikare gikomeye muri Afurika

Yanditswe: Wednesday 11, Jan 2023

featured-image

Urutonde rw’ibihugu bifite igisirikare gikomeye rwakozwe n’ikigo cyo muri USA, Global FirePower rugaragaza ko igisirikare cya RDC ari icya 8 muri Africa n’iya 72 ku isi nubwo kimaze iminsi gikwira imishwaro kubera M23.
Ku mwanya wa mbere ku Isi, hariho Leta Zunze Ubumwe za America, ku mwanya wa kabiri hakaza u Burusiya, bugakurikirwa n’u Bushinwa, hagakurikiraho u Buhindi n’u Bwongereza buza ku mwanya wa gatanu.
Mu karere, ku rwego rw’Africa,Uganda ni iya 12, Kenya iya 13,Tanzania iya (…)

Urutonde rw’ibihugu bifite igisirikare gikomeye rwakozwe n’ikigo cyo muri USA, Global FirePower rugaragaza ko igisirikare cya RDC ari icya 8 muri Africa n’iya 72 ku isi nubwo kimaze iminsi gikwira imishwaro kubera M23.

Ku mwanya wa mbere ku Isi, hariho Leta Zunze Ubumwe za America, ku mwanya wa kabiri hakaza u Burusiya, bugakurikirwa n’u Bushinwa, hagakurikiraho u Buhindi n’u Bwongereza buza ku mwanya wa gatanu.

Mu karere, ku rwego rw’Africa,Uganda ni iya 12, Kenya iya 13,Tanzania iya 18. Rwanda na Burundi ntibiri mu bihugu 145 byerekanywe.

Mu Bihugu 10 bya mbere muri Afurika, ku mwanya wa mbere hariho Misiri, (2) Algérie, (3) Afurika y’Epfo, (4) Nigeria, (5) Ethiopie, (6) Angola, (7) Maroc, (8) DRCongo, (9) Tunisie na (10) Soudan.

Gukora uru rutonde bishingira ku ngingo 60 zirimo umubare w’abasirikare bari mu kazi, ubushobozi bw’igisirikare cyo mu mazi, ubushobozi bw’ibikoresho nk’imodoka za gisirikare, umubare w’indege za gisirikare, n’ingengo y’imari ishyirwa mu gisirikare.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa