RDC: Indege yakoze impanuka ihitana abantu bose bari bayirimo
Yanditswe: Tuesday 13, Sep 2022
Abashinzwe Serivisi z’indege ku kibuga cyindege cya Kavumu i Bukavu bari babuze makuru y’indege yaburiwe irengero ubwo yari imaze guhaguruka kuri icyo kibuga yerekeza i Maniema,ku wa gatandatu ushize.
Kuri uyu wa mbere, Minisitiri w’Ubwikorezi w’intara ya Kivu y’Amajyepfo,Alimasi Malumbi Matthieu, yatangaje ko iyo ndege yahuye n’impanuka ndetse n’abantu batatu bari bayirimo bapfuye.
Yavuze ko iyi ndege yo mu bwoko bwa Antonov 28 ifite nimero iyiranga ya 9ONSX ya kompanyi y’indege ya (…)
Abashinzwe Serivisi z’indege ku kibuga cyindege cya Kavumu i Bukavu bari babuze makuru y’indege yaburiwe irengero ubwo yari imaze guhaguruka kuri icyo kibuga yerekeza i Maniema,ku wa gatandatu ushize.
Kuri uyu wa mbere, Minisitiri w’Ubwikorezi w’intara ya Kivu y’Amajyepfo,Alimasi Malumbi Matthieu, yatangaje ko iyo ndege yahuye n’impanuka ndetse n’abantu batatu bari bayirimo bapfuye.
Yavuze ko iyi ndege yo mu bwoko bwa Antonov 28 ifite nimero iyiranga ya 9ONSX ya kompanyi y’indege ya Trancept Congo yerekezaga i Kasese muri Maniema, yaje guhura n’ibibazo.
Yagize ati Iyo ndege yakoze impanuka,irimo abantu 3 aribo umupilote, umupilote wungirije hamwe n’umukanishi. Kugeza ubu ntituramenya icyateye iyi mpanuka ”, nk’uko bisobanurwa na minisitiri w’ubwikorezi n’itumanaho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Indege yaguye Kasese, muri teritwari ya Punia muri Maniema. Amakuru menshi ava muri ako gace avuga ko kuva ku wa gatandatu, ubushakashatsi bwakomeje hashakishwa aho yaguye.
Ikigo cya Airway Authority (RVA) cyohereje intumwa zo gushakisha muri ako karere nk’uko Bwana Alimasi abitangaza.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *