skol

RDC:Inzu zisaga 100 zatikiriye mu nkongi y’umuriro muri Kivu y’Epfo 3 barapfa

Yanditswe: Friday 21, Jul 2023

featured-image

Inkongi y’umuriro yibasiye agace ka Lugushwa, gaherereye muri Teritwari ya Mwanga, muri Kivu y’Amajyepfo kuwa Kabiri ushize, itariki 18 Nyakanga, ihitana abantu batatu inasenya inzu zisaga 100 .

Nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kane n’ushizwe n’ibiro Ntaramakuru bya Congo, ACP, byavuganye na Mubirimbo Birimu, Perezida wa sosiyete sivile yaho, ngo icyateje iyi nkongi ntikirasobanuka neza. Uyu ariko yavuze ko byibuze amazu 110 yahiye agakongoka naho abantu batatu bakahasiga ubuzima.

Yagize ati "Imibare y’agateganyo y’iyi nkongi igaragaza ko abantu batatu bapfuye, byibuze amazu 110 yakongotse".

Aka gace gacukurwamo amabuye y’agaciro ka Lugushwa, gaherereye mu birometero birenga 200 uvuye Bukavu. Inkongi z’umuriro hatamenyekana ikizitera zagiye zumvikana mu byumweru bibiri bishize mu gice kinini cya Bukavu zikangiza imitungo myinshi ndetse zigahitana abantu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa