skol
fortebet

RDC: Leta yohereje abayobozi bakomeye mu gushyingura abahitanwe n’ibisasu mu nkambi

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Friday 10, May 2024

RDC: Leta yohereje abayobozi bakomeye mu gushyingura abahitanwe n'ibisasu mu nkambi

Sponsored Ad

skol

Abahitanwe n’igisasu cyatewe mu nkambi y’impunzi,mu cyumweru gishize hafi ya Goma (Kivu y’Amajyaruguru), bazashyingurwa kuri uyu wa gatandatu, tariki ya 11 Gicurasi.

Ibi nibyo intumwa za leta zageze i Goma zatangaje ku wa kane.

Inshingano z’izi ntumwa ni ugutegura imihango yo gushyingura abahitanwe n’ibisasu no guhumuriza imiryango yabo.

Izi ntumwa zigizwe na Minisitiri w’Imibereho Myiza na Minisitiri w’Uburenganzira bwa Muntu ndetse n’abadepite bamwe b’igihugu.

Ku wa gatanu tariki ya 3 Gicurasi,nibwo ibisasu bitaramenyekanye uwabiteye byahitanye abasivili benshi bikomeretsa abandi bibasanze mu nkambi.

Raporo yashyizwe ahagaragara n’ibiro by’umuryango w’abibumbye bishinzwe ibikorwa by’ikiremwamuntu (OCHA), ivuga ko ku ya 3 Gicurasi, ibyo bisasu byatumye hapfa abantu 18 abandi 32 barakomereka,biganjemo cyane abagore n’abana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa