RDC: Lt Gen. Christian Tshiwewe yavuze ko igisirikare cye cyuzuyemo abagambanyi
Yanditswe: Saturday 17, Jun 2023
Umugaba Mukuru w’ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, Lt Gen. Christian Tshiwewe, yatangaje ko uru rwego rwuzuyemo abagambanyi benshi batuma rudahagarara neza imbere y’umwanzi.
Ubwo yaganirizaga abasirikare mu kigo cya Kokolo i Kinshasa kuri uyu wa 16 Kamena 2023, Gen. Tshiwewe bigaragara ko yari arakaye cyane, bitewe n’amakuru y’ibanga ry’igisirikare akomeje gushyirwa hanze, by’umwihariko ajyanye n’urugamba.
Yitegereje abasirikare bari bamukikije, maze agira ati: “Ese mwambaye impuzankano za FARDC kugira ngo mugambane? Abagambanyi ni benshi mu nzego zose. Nta bizerwa, yewe n’ibiganiro byoroshye bishyirwa hanze, imigambi [yacu] ijya ku karubanda. Ariko mukambara impuzankano, mukavuga ko muri abizerwa kandi ko mwarahiye.”
Tshiwewe yavuze ko abasirikare bakomeje kujya muri politiki kandi mu mahame yacyo bitemewe, bikagera n’aho bafata uruhande, ntibahe agaciro Umugaba w’Ikirenga akaba n’Umukuru w’Igihugu. Yabibukije ati: “Mureke kujya muri politiki. Igisirikare ntikijya muri politiki…Dufite komanda w’ikirenga umwe gusa.”
Yasabye abasirikare kugira ubwitange nk’ubwa bamwe bari ku rugamba mu burasirazuba bw’igihugu. Ati: “Ubu hari abasirikare bari ku rugamba, babayeho nabi ariko bari guhangana n’umwanzi mu ishyamba. Kurwanira igihugu ni inshingano yacu, kugeza dutanze igitambo gisumba ibindi.”
Gen. Tshiwewe avuze aya magambo nyuma y’uruzinduko yagiriye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu ntangiriro z’iki cyumweru n’urwo yagiriye mu kigo cya gisirikare gitorezwamo urubyiruko rwitegura kwinjira mu ngabo kiri muri Kisangani, intara ya Tshopo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *