RDC:M23 iravugwaho gufata utuce twinshi nyuma y’imirwano itatinze
Yanditswe: Monday 14, Aug 2023
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, itariki 14 Kanama, muri Gurupoma ya Busanza, yo muri Teritwari ya Rutshuru humvikanye imirwano yamaze akanya gato hagati ya M23 n’inyeshyamba za Wazalendo.
Amakuru agera ku rubuga TazamaRDC aturuka muri ako gace, aravuga ko inyeshyamba za M23 zikabakaba 400 "zivanze n’abasirikare ba Uganda" zambutse umupaka wa Kitagoma ubu zikaba ziri kugenzura uduce twa Shinda, Rugarama, Kinyana, Kabarodi na Kakondo.
Ni amakuru ataremezwa n’urwego rwose rw’ubuyobozi bwaba ubwa gisivili cyangwa ubwa gisirikare.
Ni mu gihe kuri iki Cyumweru, itariki ya 13 Kanama, i Masisi naho havuzwe imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 na Wazalendo muri Gurupoma ya Bashali Kahembe na yo itaragize icyo ivugwaho haba ku ruhande rwa leta cyangwa urwa M23.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *