skol

RDC yiyemeje guca umubano n’umutwe wa FDLR bari bafitanye imikoranire

Yanditswe: Wednesday 22, Nov 2023

featured-image

Kuri uyu wa Kabiri,tariki ya 21 Ugushyingo,Ubuyobozi bw’Ingabo za RDC zitwa FARDC,bwategetse abasirikare bose kutazongera kugirana imikoranire na FDLR byavugwaga ko bakorana myimbitse.

Mu butumwa bwa videwo bwo ku rubuga X, umuvugizi wa FARDC Jenerali Majoro Sylvain Ekenge yasabye ko iyo mikoranire ihagarara.

Yagize ati:"Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo zimenyesheje buri musirikare wese, ipeti yaba afite iryo ari ryo ryose, ko bibujijwe mu buryo bukomeye kandi buzira inenge kugirana [umubano] cyangwa kuvugana, ku mpamvu iyo ari yo yose, na [...] FDLR."

Maj Gen Ekenge yongeyeho ko uzarenga kuri iryo tegeko azatabwa muri yombi kandi ko "azahura n’imbaraga z’amategeko nkuko bijyanye n’ibiteganywa mu mategeko n’amabwiriza bikurikizwa mu ngabo zacu".

Leta y’u Rwanda yakomeje gushinja ubutegetsi bwa Kinshasa gukorana na FDLR, ikirego ubwo butegetsi buhakana, bukongeraho ko FDLR yacitse intege binyuze mu bikorwa bya gisirikare ingabo z’u Rwanda na FARDC bakoranye mu gihe cyashize byo kurwanya uwo mutwe.

Ku rundi ruhande,Leta ya DR Congo yakomeje gushinja u Rwanda gufasha umutwe w’inyeshyamba wa M23 urwanya ubutegetsi bwa DR Congo ukorera mu burasirazuba bw’igihugu, ikirego u Rwanda ruhakana.

Mu kiganiro mu cyumweru gishize yagiranye n’ibitangazamakuru France 24 na RFI, ubwo yari abajijwe niba kuri we afata ko Perezida Kagame ari we "muyobozi nyakuri wa M23", Tshisekedi yasubije ati: "Rwose".

Uruzinduko rw’umukuru w’ubutasi bw’Amerika,Avril Haines, ku cyumweru gishize no ku wa mbere w’iki cyumweru rwarangiye Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bemeye ko "bateganya gufata ingamba zihariye zo kugabanya ubushyamirane buriho ubu" hagati y’ibihugu byombi.

Uru ruzinduko rubaye nyuma y’ibyumweru hafi bibiri Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Amerika Antony Blinken avuganye kuri telefone na Kagame na Tshisekedi.

Icyo gihe yabasabye gukura abasirikare ku mupaka, mu guhosha umwuka w’ubushyamirane ku mupaka w’ibihugu byombi.

Runabaye mu gihe hasigaye ukwezi ngo habe amatora ya perezida muri DR Congo ateganyijwe ku itariki ya 20 Ukuboza (12).

Tshisekedi yavuze ko bitazashoboka ko ayo matora aba muri teritwari za Masisi na Rutshuru mu ntara ya Kivu ya Ruguru kubera umutekano mucye uharangwa.

Imirwano yongeye kubura mu bice bimwe bya Kivu ya Ruguru mu ntangiriro y’Ukwakira (10), hagati ya M23 n’ingabo za DR Congo n’imitwe yitwaje intwaro izishyigikiye.

Hari nyuma y’amezi atandatu yari ashize muri rusange hari agahenge.

Intambara hagati ya M23 na FARDC yongeye kubura kuva mu mpera y’umwaka wa 2021.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa