skol
fortebet

RDC yiyemeje gusesa amasezerano yagiranye n’u Rwanda ngo nirudakura ingabo zarwo muri M23

Yanditswe: Thursday 16, Jun 2022

featured-image

Sponsored Ad

Ku wa gatatu, tariki ya 15 Kamena 2022, umukuru w’igihugu Félix Tshisekedi yayoboye Inama Nkuru y’Umutekano yagejejwe kuri ba perezida b’imitwe ibiri y’inteko ishinga amategeko. Ni inama ya kabiri nk’iyi ibaye kuva imirwano yatewe no kwigomeka kwa M23 mu burasirazuba bw’igihugu itangiye.
Guverinoma ya congo yongeye gushimangira icyemezo cyayo cyo kurengera ubusugire bw’ubutaka bwayo kandi ivuga ko ibabazwa n’imyifatire y’u Rwanda iyo guhungabanya amahoro y’abaturage ba Kongo.
Raporo y’iyi nama (...)

Sponsored Ad

Ku wa gatatu, tariki ya 15 Kamena 2022, umukuru w’igihugu Félix Tshisekedi yayoboye Inama Nkuru y’Umutekano yagejejwe kuri ba perezida b’imitwe ibiri y’inteko ishinga amategeko. Ni inama ya kabiri nk’iyi ibaye kuva imirwano yatewe no kwigomeka kwa M23 mu burasirazuba bw’igihugu itangiye.

Guverinoma ya congo yongeye gushimangira icyemezo cyayo cyo kurengera ubusugire bw’ubutaka bwayo kandi ivuga ko ibabazwa n’imyifatire y’u Rwanda iyo guhungabanya amahoro y’abaturage ba Kongo.

Raporo y’iyi nama yasomwe n’Umuvugizi wa leta, Patrick Muyaya kuri radio na televiziyo bya leta,yagize iti"Iki gikorwa ni ikindi gitero no guhonyora nkana ubusugire bw’ubutaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Iyi myitwarire y’intambara y’u Rwanda igamije kongera guhungabanya amahoro n’ituze by’abaturage bacu b’inzirakarengane. Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo yiyemeje kurengera buri santimetero kare yose y’ubutaka bwayo ".

Ku bw’ibyo, Kinshasa irasaba ko u Rwanda "rwahita rukura ingabo zarwo zitwikiriye umutwe w’iterabwoba wa M23 ku butaka bwa Kongo.Gusaba guverinoma ya RDC guhagarika ubwumbikane ku masezerano, n’amasezerano yose yumvikanyweho n’u Rwanda”

Umwaka urashize, DRC n’u Rwanda bishyize umukono ku masezerano i Goma (Amajyaruguru ya Kivu) yerekeranye cyane no gufatanya uruganda rutunganya zahabu. Amajwi menshi y’Abakongomani asaba ko ayo masezerano arangira.

DR Congo n’u Rwanda bisanzwe bifitanye amasezerano menshi y’imikoranire mu bucuruzi, gutunganya amabuye y’agaciro, urujya n’uruza rw’abantu, n’ayandi.

Guhagarika amasezerano yasinywe hagati y’ibihugu ni icyemezo leta ifata kibanje kwemezwa n’inteko ishinga amategeko iba yaremeje ayo masezerano.

Patrick Muyaya yavuze ko iyo nama yashyigikiye umuhate w’ubuhuza no gushaka amahoro wa ba perezida João Lourenço wa Angola na Uhuru Kenyatta wa Kenya.

Inyeshyamba za M23 zatsinzwe muri 2013 na Leta ya Kinshasa n’abo bari bafatanyije,ariko M23 yongeye gufata intwaro mu mpera za 2021, ishinja abategetsi ba Kongo kutubahiriza amasezerano yo gusezerera no gushyira mu gisirikare abarwanyi bayo.

Imirwano yakajije umurego mu byumweru bishize kandi Kinshasa yashinje Kigali ko yashyigikiye uwo mutwe.

Mu cyumweru gishize, ingabo za DRC zashinje u Rwanda kohereza abasirikare bayo 500 mu burasirazuba bw’igihugu, leta y’u Rwanda yongeye kubihakana, nk’uko ihakana ko ishyigikiye M23.

Ku wa mbere, nyuma yo gufata Bunagana, ingabo za Kongo zashinje u Rwanda "gutera" ku butaka bwarwo.

IVOMO:https://actualite.cd/2022/06/16/m23-la-rdc-exige-au-rwanda-de-retirer-ses-troupes-sur-le-sol-congolais-et-demande-au

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa