Umugabo witwaje imbuda amaze guhitana benshi ku ishuri riri hagati mu Burusiya, aho yarashe akica nibura abantu 9 n’abandi batari bake bagakomereka
Umugabo witwaje imbuda amaze guhitana benshi ku ishuri riri hagati mu Burusiya, aho yarashe akica nibura abantu 9 n’abandi batari bake bagakomereka
ibi byatangajwe n’abategetsi mu burusiya bavuze ko bababajwe bikomeye n’igikorwa nk’icyo bise ko kigayitse cyane.
Mu bishwe harimo abana batanu kuri iryo shuri rifite abana babarirwa mu 1000 mu mu mugi wa Izhevsk.
Uwakoze iki gitero bivugwa ko yahise nawe yirasa kandi ko icyabimuteye kitaramenyekana kugeza ubu.
Abarimu babiri n’abazamu babiri nabo bari mu bishwe, nk’uko bivugwa n’abategetsi b’Uburusiya.
Abarimu n’abanyeshure bahungishijwe bavanwa mu nyubako z’iryo shure.
Ibinyamakuru byo mu Burusiya bisohoye amashusho ku mbuga nkoranyambaga asa n’ayafatiwe imbere muri iryo shure aho icyo gitero cyabereye.
Imwe muri izi videwo isa n’iyerekana amaraso hasi n’umwenge w’isasu mu kirahure cy’idirishya.
Nyiri gukora iki gitero bivugwa ko yari afite imbunda ntoyaebyiri, nk’uko bivugwa na minisitiri wabitangarije n’ikinyamakuru Tass.
Iri shuri riri hagati muri Izhevsk, umugi utuwemo n’abantu bakabakaba 650.000, hafi y’inyubako za reta.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *