skol
fortebet

Somaliya: Al Shabab yishe abasirikari 61 bo muri ntara ya Puntland

author-image

Yanditswe na: Ferdinand Dukundimana
Kuwa: Thursday 08, Jun 2017

Sponsored Ad

skol

Ibitero by’Abarwanyi bo mu mutwe ugendera ku mahame ya Kisilamu, Al Shabab, bahitanye abasirikari 61 bo muri Leta ya Puntland iherereye mu majyaruguru ya Somaliya.
Ubuyobozi bwa Leta ya Puntland bwahamije ayo makuru y’igitero cya Al Shabab ariko ntibwemeza imibare y’abishwe n’uwo mutwe.
Abdiaziz Hirsi, umuvugizi w’Intara ya Puntland avuga ko umutwe wa Al Shabab ariwo wagabye iki gitero gusa ntiyigeze atangaza umubare w’abaguye muri icyo gitero nubwo BBC yo ivuga ko ari 61 baguye muri (…)

Ibitero by’Abarwanyi bo mu mutwe ugendera ku mahame ya Kisilamu, Al Shabab, bahitanye abasirikari 61 bo muri Leta ya Puntland iherereye mu majyaruguru ya Somaliya.

Ubuyobozi bwa Leta ya Puntland bwahamije ayo makuru y’igitero cya Al Shabab ariko ntibwemeza imibare y’abishwe n’uwo mutwe.

Abdiaziz Hirsi, umuvugizi w’Intara ya Puntland avuga ko umutwe wa Al Shabab ariwo wagabye iki gitero gusa ntiyigeze atangaza umubare w’abaguye muri icyo gitero nubwo BBC yo ivuga ko ari 61 baguye muri cyo.

Ubuyobozi buvuga ko iki gitero cyari gikaze kurusha ibindi bitero byose Al Shabab yagabye muri Somaliya mu myaka ishize.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa