skol

Sudani: UN yamaganye Abajenerari bari gufata abore ku ngufu

Yanditswe: Wednesday 24, May 2023

featured-image

Umuyobozi w’ishami rya l’ONU rishinzwe uburenganzira bwa muntu ku isi yasabye Abajenerari babiri ahanganye muri Sudani guhagarika ihohotera rishingiye ku gitsina no kwita ku buzima bw’abaturage

Volker Turk yavuze ibi ababaye cyane kubera inzira karengane zikomeje kubabarira muri iyo ntambara yabuze gica.

Yasabye Abdel Fattah al-Burhan na Mohamed Hamdan Dagalo bahanganiye ubutegetsi muri Sudani guhagarika byihuse ibyaha nk’ibyo we yise urukoza soni.

Ni mu gihe hari agahenge gake cyane nako katurutse kukuba impande zihanganye zari zemeye gutanga agahenge kuri uyu wambere ariko nti byubahirizwe uko bikwiye.

Abaturage mu mugi wa Khartoum babwiye BBC ko ibisasu bikomeje guterwa mu bice bitandukanye by’umugi.

El Obeid umugi w’amajyaruguru ya Kordofan umuganga yabwiye iki gitangazamakuru abaturage bagera kuri 5 bamaze kwitaba Imana nyuma y’uko agahenge kumvikanyweho katubahirijwe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa