skol

Taiwan yavuze ko indege z’igisirikare cy’u Bushinwa zayivogereye

Yanditswe: Friday 30, Jun 2023

featured-image

Minisiteri y’ingabo ya Taiwan yavuze ko indege 11 z’igisirikare cy’u Bushinwa zambutse umurongo ugabanya impande zombi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu mu gihe u Bushinwa bukomeje gutoteza iki kirwa kiyobowe muri demokarasi bukoresheje ingufu zabwo za gisirikare .

Taiwan, u Bushinwa buvuga ko ari intara yabwo bwite nubwo iki kirwa cyabyanze, mu myaka yashize yinubiye mu butumwa bwa hafi buri munsi bw’ingabo zirwanira mu kirere z’u Bushinwa, akenshi mu gice cy’amajyepfo ashyira uburengerazuba bw’akarere kayo k’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere.

Minisiteri y’ingabo yavuze ko indege 24 z’intambara z’Abashinwa zirimo indege z’indwanyi n’izishinzwe gutera ibibombe zagaragaye hafi ya Taiwan mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu guhera saa mbiri za mu gitondo (00:00 GMT) nk’uko tubikesha Reuters.

Minisiteri yavuze ko Taiwani yohereje indege n’amato kugira ngo biburire indege z’Abashinwa, mu gihe sisitemu za misile zabikurikiraniraga hafi.

Umwe mu bayobozi bashinzwe umutekano muri Taiwan yabwiye Reuters ko ibikorwa by’Abashinwa kuri uyu wa Gatanu bishoboka ko ari igisubizo ku ruzinduko rwakozwe i Taipei n’intumwa za kongere ya Amerika ziyobowe n’umuyobozi wa komite ishinzwe intwaro, Mike Rogers.

U Bushinwa butigeze buva ku gitekerezo cyo gukoresha ingufu kugira ngo bwisubize Taiwan , muri Mata bwateguye imyitozo izenguruka iki kirwa kubera umujinya nyuma y’inama Perezida Tsai Ing-wen yagiranye na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika.

Guverinoma ya Taiwani iramagana yivuye inyuma icyo u Bushinwa buvuga ko ari intara yabwo kandi yiyemeje kwirwanaho mu gihe u Bushinwa bwatera iki kirwa.

Ibitekerezo

  • USA irashukana imeze nk’umubiri,yashutse Afghanistan kugeza Leta yashyizeho yirutse ishuka Ukraine abaRussia barayishwanyaguza na Taiwan China izayisenya bareba nk’amafi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa