skol

Twirwaneho iravugwaho kurasa FARDC igakizwa n’amaguru

Yanditswe: Thursday 26, Dec 2024

featured-image

Amakuru aturuka mu Minembwe ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo aravuga ko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zari zagabye igitero ahitwa kuri Evomi, umutwe wa Twirwaneho wazirwanyije zihunga zerekeza kuri brigade muri centre ya Minembwe.

Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Kane ni bwo ingabo za leta zari ziyobowe na Col Jean Pierre Lwamba zagabye igitero kuri Evomi ho ku Runundu.

Nyuma y’uko FARDC igabye iki gitero kuri Evomi, amakuru avuga ko Twirwaneho yatabaye abaturage maze ikubita inshuro iz’i ngabo za FARDC zahise zikwira imishwaro.

FARDC yahunze, iva kuri Evomi no mu i Rango rya Runundu hejuru aho yari yashinze ibibunda bikaze; ibyatumye Twirwaneho ifata turiya duce.

Amakuru aturuka muri kariya gace avuga ko FARDC nyuma yo gukubitwa “yirukanse ihunga, bamwe banyuze mu Barama, abandi ku Runundu rwa Mutanoga, abandi banyuze mu bisambu.”

Twirwaneho iravugwaho gukubita ahababaza FARDC, mu gihe Nyarugabo Moise wahoze ari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya RDC yaherukaga gutanga intabaza atabariza Abanyamulenge yavuze ko bari kwicwa n’Ingabo za Leta.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa