skol

Uburundi bwatanze umucyo ku gihuha cya Coup d’Etat yahavugwaga

Yanditswe: Saturday 16, Sep 2023

featured-image

Leta y’u Burundi kuri uyu wa Gatandatu yanyomoje amakuru avuga ko muri iki gihugu haba hari ubwoba bwa Coup d’état.

Amakuru y’uko mu Burundi haba hari ubwoba bwa Coup d’état yiriwe avugwa ku wa Gatanu tariki ya 15 Nzeri 2023.

Ni nyuma y’uko kuri Radiyo na Televiziyo by’iki gihugu (RTNB) hagaragaye abasirikare barimo n’abo mu mutwe kabuhariwe ushinzwe kurinda inzego z’igihugu, BSPI (Brigade spéciale pour la protection des institutions) bari bahakajije umutekano.

Aya makuru yatijwe umurindi n’uko Perezida Evariste Ndayishimiye ari hanze y’igihugu kuva ku wa Kane w’iki cyumweru, aho yitabiriye inama y’umuryango wa G77 n’u Bushinwa iri kubera i Havana muri Cuba .

Minisiteri y’Itangazamakuru n’Itumanaho mu Burundi mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Nzeri, yavuze ko amakuru y’uko mu Burundi haba hari ubwoba bwa Coup d’état ari "ibihuha."

Iyi Minisiteri yavuze ko gucungira umutekano RTNB "biri mu kazi gasanzwe k’Igisirikare cy’u Burundi (FDNB)."

Yashimangiye ko uwatekereza gukora Coup d’Etat mu Burundi atamenya ikimuhitanye kandi ko ngo biteguye bihagije kuburyo ngo ba mumira wese ari muzima.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa