Uburusiya na Ukraine biri gushinjanya kurasa indege yari itwaye imfungwa
Yanditswe: Thursday 25, Jan 2024
Umukuru w’igihugu cya Ukraine Volodymyr Zelensky arashinja Uburusiya “gukinisha ubuzima bw’imfungwa z’intambara za Ukraine”,nyuma y’iraswa ry’indege ryabaye ejo ku wa gatatu mu burengerazuba bw’Uburusiya.
Uburusiya bushinja Ukraine ko ari yo yarashe iyi ndege yari itwaye imfungwa z’intambara za Ukraine mu gikorwa cyari giteganyijwe cyo guhanahana imfungwa z’intambara.
Mu butumwa yacishije kuri videwo ku mugoroba w’ejo ku wa gatatu, Perezida Zelensky yavuze ko ari "ibigaragara neza ko Abarusiya barimo bakinisha ubuzima bw’imfungwa za Ukraine,imiryango yazo hamwe n’umubabaro w’igihugu cyacu”.
Nyuma yo guhagarika urugendo rwe rwari ruteganyijwe kuri uyu wa kane mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’amavuko ye, Zelensky yasabbye ko ukuri kose gushyirwa ahabona.
Iyi ndege igihanuka, ibinyamakuru byegamiye kuri leta y’Uburusiya byahise byihutira gutangaza ko iyi ndege ya gisirikare Ilyushin II-76 itwara abantu yahanutse, bigasubirwamo na Minisiteri y’Umutekano y’Uburusiya ivuga ko yari itwaye imfungwa z’intambara za Ukraine.
Umudepite w’Uburusiya, Andrei Kartapolov,yahise yongeraho andi magambo, mu kuvuga ko Ukraine ishobora kuba ari yo yarashe iyi ndege Ilyushin ikoresheje igisasu cya misire cyo mu bwoko bwa Patriot, igisasu cyatanzwe n’incuti za Ukraine zo mu Burengerazuba, iki kikaba ari ikintu gikomeye mu gihe kugeza ubu nta byemezo biraboneka.
Hagati aho, iperereza ry’igisirikare cya Ukraine rivuga ko ritari ryabwiwe ibyo kubahiriza umutekano w’ikirere nk’uko byari bisanzwe bigenda mbere y’aho.
Aya magambo y’iperereza rya Ukraine afatwa nk’aho ari ayo kwemera ko iyi ndege yarashwe na Ukraine, nubwo rishimangira ko nta makuru yo kwizerwa ryari rifite ku bantu bari muri iyo ndege.
Videwo yahanahanwe ku mbuga nkoranyambaga ejo ku wa gatatu, yerekanye indege irimo kugwa hanyuma ikurikirwa n’igiturika n’umuriro hafi y’ahitwa Yablonovo, kiri ku birometero 70 mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw’Umujyi wa Belgorod.
Guverineri wa Belgorod, Vyacheslav Gladkov yavuze ko iyi ndege yaguye hafi y’akarere kabamo abantu kandi ko abari muri iyo ndege bose bapfuye.
Muri uwo mwanya niho i Kyiv (umurwa mukuru wa Ukraine) hahise hatangira gukwirakwira amakuru avuga ko hari ihanahanwa ry’imfungwa ryari riteganyijwe, nubwo icyo gihe nta mutegetsi n’umwe wa Kyiv washoboye kubyemeza ku mugaragaro.
Uwabazwaga wese yasubizaga ngo “ntibiragera”, cyangwa ngo “turacyashaka amakuru” cyangwa ngo “tegereza gato”.
BBC
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *