skol
fortebet

Uganda: Ibindi bisasu 2 byaturikiye ahantu hatandukanye mu mujyi wa Kampala

Yanditswe: Tuesday 16, Nov 2021

featured-image

Sponsored Ad

Mu mujyi wa Kampala habaye guturika kw’ ibisasu 2 ahantu habiri hatandukanye mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri. Kimwe mu biturika cyturikiye ku muhanda werekeza ku nteko ishinga amategeko iruhande rw’ibiro bya Jubilee Insurance mu gihe ikindi cyaturikiye hafi ya CPS.

Sponsored Ad

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 16 Ugushyingo 2021, Hafi y’ahakorera Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda haturikiye ibisasu bibiri, Galaxy Radio yatangaje ko igisasu kimwe cyaturikiye ahazwi nko kuri ‘Kooki Towers’, ikndi kuri Jubilee.

Igisasu kimwe cyibasiye inyubako irimo iriya sosiyete yubwishingizi, hanyuma umuriro wakurikiyeho ufata imodoka zari ziparitse hanze.

Nk’uko byatangajwe na TV y’igihugu, UBC, ngo bamwe mu badepite bagaragaye bimurwa vuba na bwangu mu nyubako y’inteko ishinga amategeko.

Amashusho yashyizwe hanze n’umwe mu bari aho igisasu cyaturikiye, yerekanaga umwotsi uzamuka uvuye aho igisasu cyaturikiye hafi ya polisi.

Polisi ntiyahise igira icyo ibivugaho,ariko amakuru avuga ko ibi bisasu bibiri byaturikiye i Kampala,byahitanye abantu batandatu.

Polisi iramenyesha ko abantu 33 ari bo bamaze kumenyekana ko bakomeretse.Abapolisi babiri, umwe w’umugore bakomerekeye muri icyo gitero.

Abayobozi ba Uganda barasaba abaturage kuba maso nyuma y’ibisasu biturika bikomeje guterwa guhera mu byumweru bishize.

Ku ya 23 Ukwakira, umuntu umwe yarapfuye abandi bagera kuri barindwi barakomereka kubera igisasu cyaturikiye muri resitora iherereye mu nkengero za Kampala.

Amatsinda yunze ubumwe n’umutwe wa IS bashinjwe kuba inyuma y’ibi bitera Leta ivuga ko ari iby’iterabwoba.

Iri tsinda rimaze igihe kinini rirwanya ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni umaze igihe kinini.

Polisi ivuga ko ikindi gisasu cyaturitse nyuma y’iminsi ibiri muri bisi itwara abagenzi cyahitanye gusa umwiyahuzi.

Ndetse na mbere y’ibyo bitero, guverinoma ya Leta zunze ubumwe za Amerika yari yaburiye ubuyobozi bwa Uganda ko intagondwa “zishobora kugerageza kugaba ibitero” muri iki gihugu cya Afurika y’Iburasirazuba.

Nta mutwe n’umwe uriyitirira ibyo bisasu. Mu kwezi gushize, intagondwa ziyitirira idini rya Isilamu nizo ziyitiriye kiriya gisasu cyahitanye umuntu umwe wakoreraga muri resitora.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa