skol

Uganda: Igipolisi cyatabaye 5 bacyo bakoze impanuka bagiye kurohora abaherutse kurohama

Yanditswe: Monday 07, Aug 2023

featured-image

Itsinda ry’Abapolisi 5 bakorera mu mazi babashije kurohorwa ubwato bwari bwarohamye kubw’impanuka mu mazi y’ikiyaga cya Victoria mu mpera z’icyumweru gishize.

Police y’iki Gihugu yatangaje ko ubwato bwabo bwarimo aba Polisi 5 bwakoze impanuka mu gihe bwarimo bushakisha abaturage 20 baburiwe irengero mu mpanuka y’ubwato yabereye mu kiyaga cya Victoria.

Biravugwa ko Abantu 20 aribo byamenyekanye ko baguye muri iyo mpanuka y’ubwato bikekwa ko yatewe no kwikorera ibiro birengeje ubushobozi.

Ubu bwato bwarohamye kuwa kabiri mu cyumweru gishize , aho bivugwa ko bwari bwikoreye abantu 34. Gusa 9 muribo babashije gutabarwa bakiri bazima , abandi barohorwa bapfuye ,abandi baburirwa irengero.

Ejo kucyumweru ,Police ya Uganda yatangaje ko yabonye imibiri 5 y’abagore gusa .abandi baburiwe irengero cyane ko ubwo impanuka yabaga harimo hagwa imvura nyinshi cyane ari nayo yatije umurindi kurohama ku ubwo bwato.

Police y’iki gihugu yakomwe mu nkokora n’imvura nyinshi nayo mugihe yageragezaga gushakisha ababuriwe irengero byanatumye nabo bakora impanuka.

police ya Uganda yavuzeko kuba aba Polisi bayo bakoze impanuka bigaragaza neza uburyo amazi ya Victoria akwiye kwitwararikwa muri iyi minsi.

Icyakora ngo gushakisha imibiri yaburiwe irengero byo birakomeza ,cyane ko impanuka y’ubwato yahitanye abaturage 20 yateje igikuba gikomeye, kandi ngo n’ikiza cyitari giherutse muri iki gihugu.
BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa