Abantu babarirwa muri 20 nibo bivugwa ko baguye mu mpanuka y’ubwato yabereye muri lac Victoria muri Uganda
Iyi mpanuka yabaye ku munsi wo kuwa gatatu tarikiya 2 Kanama 2023, yatewe n’uko ubwato bwatwaye abantu barengeje ubushobozi, kuko bwari bwikoreye abagera kuri 34 n’imizigo yabo nk’uko Polisi y’iki gihugu yabitangaje.
Police yongereyeho ko babashije kurokora abantu 9 muri 34 bivugwa ko ubwato bwari bwikoreye.
Ku mbuga nkoranyambaga zayo, Police yatangaje ko Impanuka ahanini yatewe n’imifuka myinshi y’amakara aba bagenzi bari bapakiye mu bwato, byatumye buremererwa bikarangira bamwe muri bo bubatwaye ubuzima.
Urwego rwa Polisi ya Uganda ku bufatanye n’abaturage nibo bagerageje gushakisha no kurokora abarohamye mu mazi.
Polisi yongereye kwibutsa abakorera ingendo mu mazi kujya bitwararika Bambara imyenda yabugenewe ishobora kubafasha gutabarwa mu gihe habaye impanuka nk’iyi itunguranye .
Impanuka nk’iyi iheruka mu 2020 aho yahitanye abasaga 26 mu kiyaga cya Albert gitandukanya Uganda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Mu myaka ibiri ishize nanone abasaga icumi barapfuye mu mpanuka y’ubwato bwari bwikoreye abantu 100 bari bavuye mu birori ubwo bari mu kiyaga cya Victoriya hafi y’umugi wa Kampala.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *