Uganda: Uharanira uburenganzira bw’abatinganyi yatewe icyuma
Yanditswe: Thursday 04, Jan 2024
Umunya Uganda Steven Kabuye uzwi cyane mu guharanira uburenganzira bw’abahuza ibitsina babisangiye, bazwi nk’abatinganyi cyangwa LGBTQ, muri icyo gihugu yatewe icyuma n’abantu batamenyekanye arakomereka cyane.
Ibi byabaye ubwo yari mu nzira ajya ku kazi mu gitondo cy’ejo ku wa gatatu, nk’uko bivugwa n’ishyirahamwe rye.
Coloured Voice -Truth to LGBTQ ryacishije ubutumwa ku rubuga rwa X (rwahoze rwitwa Twitter) rivuga riti: "Amerewe nabi cyane, dusabye ko mwamuhoza ku mutima mu masengesho yanyu”.
Videwo yacishijwe kuri konti ya Kabuye imwerekana ababaye cyane, n’icyuma mu nda n’ikiboneka nk’igikomere ku kuboko.
Frank Mugisha uharanira uburenganzira bwa muntu avuga ko "ibyaha by’urwango nta kibanza bifite muri Uganda ".
Muri ubu butumwa yacishije kuri X, yagize ati: "Turasabapolisi gukora iperereza ryimbitse”.
Polisi ntacyo iratangaza.
Mu mwaka ushize, Uganda yemeje rimwe mu mategeko akomeye ku isi ahana ubutinganyi.
Iri tegeko ryateje uburakari mu mpande zitandukanye z’isi, aho Banki y’isi yose yahise inahagarika imfashanyo nshya yari igenewe Uganda, Leta Zunze Ubumwe za Amerika nazo zihita zihagarika amaviza (visas) y’abagegetsi bakuru.
Muri iri tegeko, umuntu uwo ari we wese ufashwe ari mu bikorwa by’ubutinganyi ashobora gufungwa burundu.
Amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu asaba urukiko rwubahiriza itegekonshinga gukuraho iri tegeko, avuga ko rihonyora uburenganzira bwa muntu.
BBC
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *