skol

Ukraine: Perezida Zelensky yashinje Uburusiya kuboherezaho drone 30 mu minsi ibiri

Yanditswe: Friday 28, Oct 2022

featured-image

Perezida wa Ukraine Volodymir Zelensky avuga ko Uburusiya bwagabye ibitero bya drone 30 kuri Ukraine mu minsi ibiri gusa.
Yanavuze kandi ko byose hamwe, Uburusiya bwakoze ibitero bya misile 4.500 n’ibitero by’indege birenga 8.000.
Avugira i Kyiv kandi ahagaze iruhande y’ikiboneka ko ari drone yahanuwe yo mu bwoko bwa Shahed ikorerwa muri Iran, Zelensky yiyemeje "guca amababa" y’ububasha bwo mu kirere bwa Moscow.
Abategetsi b’ibihugu by’Iburengerazuba bemera ko Iran yahaye Uburusiya (…)

Perezida wa Ukraine Volodymir Zelensky avuga ko Uburusiya bwagabye ibitero bya drone 30 kuri Ukraine mu minsi ibiri gusa.

Yanavuze kandi ko byose hamwe, Uburusiya bwakoze ibitero bya misile 4.500 n’ibitero by’indege birenga 8.000.

Avugira i Kyiv kandi ahagaze iruhande y’ikiboneka ko ari drone yahanuwe yo mu bwoko bwa Shahed ikorerwa muri Iran, Zelensky yiyemeje "guca amababa" y’ububasha bwo mu kirere bwa Moscow.

Abategetsi b’ibihugu by’Iburengerazuba bemera ko Iran yahaye Uburusiya drone nyinshi, ariko Uburusiya na Iran birabihakana.

Ibi bibaye mu gihe Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Antony Blinken yavuze ko agasuzuguro k’Uburusiya k’ikoreshwa rya drone ari ibintu "biteye iseseme".

Uwo mu-diplomate wa Amerika yashinje Uburusiya gukoresha izo ndege zitagira abapilote mu "kwica abaturage basanzwe ba Ukraine no mu gusenya ibikorwa-remezo...”, aho yari mu rugendo mu murwa mukuru wa Canada, Ottawa.

Mu byumweru bya vuba, ibitero by’Uburusiya byangije ibikorwa-remezo bisanzwe bya Ukraine,byonona uruhererekane rw’amatara n’amazi kandi igihe cy’imbeho nyinshi (hiver) kiri hafi.

Ibihugu by’iburengerazuba bivuga ko Iran iha Uburusiya drone isanzwe ikora kandi ko abahanga mu bya gisirikare b’abanya-Iran bari muri Crimea yigaruriwe n’Uburusiya guha abadpilote ubufasha bw’ubuhanga.

Ukraine yabonye ko zimwe muri drone zakoreshejwe mu bitero bimwe bimwe ku bikorwa-remezo byayo ari Shahed-136 zikorerwa muri Iran.

Ukraine ivuga ko drone zirenga 400 zimaze gukoreshwa n’Uburusiya, ku ntwaro zose hamwe zimaze gukoreshwa zigera kuri 2.000.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa