skol
fortebet

Ukraine yishe abarusiya batanu nyuma yo kugabayo igitero

author-image

Yanditswe na: Joseph Iradukunda
Kuwa: Saturday 21, Dec 2024

Ukraine yishe abarusiya batanu nyuma yo kugabayo igitero

Sponsored Ad

skol

Umuyobozi w’agace ka Rylsk, Aleksandr Khinshtein, yavuze ko igitero cy’ingabo za Ukraine cyahitanye abantu batanu, cyangiza ibikorwaremezo birimo amashuri, inzu zigaragaza amateka, ibikorwaremezo by’abaturage birimo inzu n’ibindi.

Aka gace gaherereye i Kursk, iki ni kimwe mu gice cy’u Burusiya kigenzurwa na Ukraine, kakaba kari kuberamo intambara ikomeye nyuma y’uko ingabo z’u Burusiya ziri kugerageza kukisubiza.

Amakuru avuga ko mu bitabye Imana ari harimo n’umwana muto, byose bikarushaho kwerekana uburemere bw’iki gitero cyagabwe hakoreshejwe ibisasu Ukraine yahawe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Perezida Putin aherutse kubazwa ku bushobozi bw’ingabo z’u Burusiya nyamara zarananiwe kwigarurira agace ka Kursk, avuga ko iki kibazo kiri gushakirwa umuti mu gihe cya vuba.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa