Umucuruzi wa Lisansi yapfuye nyuma yo kujugunywa mu mapine y’imodoka igenda n’abagizi ba nabi
Yanditswe: Monday 04, Sep 2023
Umucuruzi wa peteroli muri Kenya yapfiriye mu bitaro bya Kangundo aho yarimo kwivuriza nyuma yo kujugunywa mu modoka igenda ku wa mbere w’icyumweru gishize.
Nk’uko amakuru abitangaza, uyu mucuruzi yashimuswe n’abantu batazwi yari amaze kugurisha lisansi kuri sitasiyo ya peteroli yakoragaho ku muhanda wa Tala-Kangundo.
Raporo yerekana ko nyuma yo kubashyiriramo lisansi, banze kwishyura, ahubwo bahatiriza uyu mukozi kwinjira mu modoka barashimuta.
Abari mu modoka ya Toyota Probox nibo bamujugunye mu modoka iri kugenda mbere yo kongera umuvuduko bahunga.
Umukozi yatabawe n’abagira neza n’abapolisi ba Kangundo bamusanze mu muhanda afite ibikomere byinshi bamujyana mu bitaro.
Uyu mucuruzi yapfiriye mu bitaro bya Kangundo, umurambo we ujyanwa mu buruhukiro bw’ibyo bitaro.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *