Umugabo uri kugerageza kwiruka Africa yose yageze muri Angola baramucucura
Yanditswe: Tuesday 27, Jun 2023
Umugabo urimo kwiruka uburebure bwa Africa yatangaje uburyo yambuwe atunzwe imbunda.
Russell Cook w’i West Sussex mu Bwongereza arimo kugerageza kwiruka 50km buri munsi.
Uyu mugabo w’imyaka 26 yavuze ko we n’ikipe ye bambuwe za camera, telephone, na pasiporo zabo kuwa gatandatu muri Angola.
Ati: “Impamvu imwe nshaka kwiruka uburebure bwa Africa ni uko nta wundi muntu wigeze ubikora mbere”.
Uku kwiyemeza gukomeye yagutangiriye tariki 22 Mata(4) ku mpera y’epfo cyane muri Africa y’Epfo kandi arateganya gusoreza ku mpera ya ruguru cyane muri Tunisia.
Cook arateganya kwiruka kilometero 14,500 mu mezi umunani, akambuka imipaka 16, agaca mu mijyi, amashyamba, n’inzira yo mu butayu bwa Sahara azirukamo amezi atatu.
Ku munsi wa 64, ikipe ye yasagariwe n’abagabo babiri bitwaje intwaro babatse “ibintu byose”, nk’uko Cook abivuga.
Ati: “Icya mbere cy’ingenzi, turashima ko twabashije kuhava turi bazima.
“Twatakaje ibintu by’agaciro kandi ni ikibazo kuri twe, ariko tuzahatanira gukomeza ibi tubirangize.”
Cook avuga ko yiyemeje ko ubwo bujura butazahagarika umugambi we cyangwa ngo bwangize isura ya Angola.
Mbere yo gutangira ibi yiyemeje, Cook avuga ko yabanje kuba mu bibazo byo mu mutwe, urusimbi, n’ubusinzi, ariko ko uru rugendo ruzamufasha kurenga burundu ibyo byose no kubibona nk’amateka.
Uyu mugabo kandi arimo kwiruka kugira ngo afashe ibigo bifasha bya The Running Charity na Water Aid.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *