Polisi y’igihugu yatangaje ko umugabo yatawe muri yombi mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri nyuma yo kwinjira mu rukiko rw’ikirenga rwa Colorado akarasa mu nyubako.
Iperereza ry’ibanze “ryemeje ko bishoboka cyane” ko ibyabaye bidafitanye isano n’iterabwoba riherutse kwibasira abacamanza bo mu rukiko rw’ikirenga rwa Colorado, ”nk’uko byatangajwe na Colorado State Patrol.
Ibi bibaye nyuma y’ibyumweru bibiri gusa urukiko rwemeje 4-3 kuvana uwahoze ari perezida Donald Trump mu bagomba kwiyamamariza muri iyi leta mu 2024, kubera imyigaragambyo yakozwe n’abakunzi be nyuma yo gutsindwa amatora.
FBI yabanje kuvuga ko irimo gukorana n’inzego z’ubutegetsi bwa Colorado mu iperereza ku kureba niba iki gitero atari iterabwoba ku bacamanza bo mu rukiko rw’ikirenga rwa Colorado nyuma y’icyemezo cyabo cyo kuvana Trump mu bemerewe kuhiyamamariza.
Nk’uko byatangajwe mu makuru, ibyabaye ku wa kabiri byatangiye ahagana mu ma saa 1h15 za mu gitondo birangira nyuma y’amasaha hafi abiri, ubwo uwarasga yishyikirizaga abapolisi.
Itangazo ryagiye hanze rigira riti: "Nta wakomeretse mu bari mu nyubako, ukekwaho icyaha, cyangwa abapolisi."
Icyakora ryemeje ko inyubako yangiritse cyane.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *