Umukobwa w’imyaka 12 yashyingiranwe n’abagabo babiri bamubyaye mu kwezi kumwe
Yanditswe: Sunday 17, Sep 2023
Umwana w’umukobwa w’imyaka 12 yatabawe n’abategetsi ba Kenya nyuma yo kujyanwa ku mugabo ku ngufu inshuro ebyiri zose mu kwezi kumwe gusa.
Se w’ako gakobwa, aba mu karere ka Narok mu burengerazuba bw’umurwa mukuru Nairobi, yagategetse kujya ku mugabo w’imyaka 51.
Karatorotse gahita kerekeza ku mugabo w’imyaka 35 mbere y’uko gatabarwa n’ushinzwe uburenganzira bw’abana hamwe n’abategetsi bo muri ako karere.
Muri Kenya,gushyingiranwa n’umwana utarageza ku myaka 18 n’icyaha.
Ushinzwe uburenganzira bw’abana avuga ko yahawe amakuru y’uwo mukobwa ubwo yarimo gutabara undi mugore.
Joshua Kaputah wo mu ishyirahamwe riharanira amahoro mu karere ka Narok, yabwiye BBC ati:"Se yamushyingiye ku mugabo ushaje kugira ngo amubere umugore. Nta kundi yari kubigenza atari uguhita ajya ku mugabo ukiri muto."
Kaputah yongeraho ko ubukene n’ifungwa ry’amashuri kubera icyorezo cya coronavirus byagize uruhare runini mu kwiyongera k’umubare w’abakobwa bashaka bakiri abana.
Agira ati:"Imiryango imwe irashonje, iyo babonye rero uburyo bwo kubona inkwano y’inka ebyiri cyangwa eshatu, birabagora."
Ikinyamakuru Standard cyo muri Kenya kivuga ko nyuma y’aho uwa mbere atangiye inka 4 nk’inkwano, uwo mwana w’umukobwa yanze ubwo bukwe, ahita akubitwa na babyara be.
Uwo mwana yabwiye Standard ati:"Naratorotse, hanyuma kubera ko ntashoboraga kugaruka kwa data kubera ko natinyaga ko angirira nabi, natorokanye n’umugabo w’imyaka 35, ufite undi mugore."
Kaputah avuga ko, se yamushatse akamubona ahita amusubiza kuri uwo mugabo w’imyaka 51.
Ubwo Kaputah yazanaga abayobozi, uwo mugabo we yari yamaze guhunga.
Polisi iri gushaka se w’uwo mukobwa n’abo bagabo babiri bashakanye n’uwo mwana w’umukobwa, bose bahunze nk’uko bivugwa n’abanyamakuru byaho.
BBC
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *