Umuntu yarashwe arapfa mu myigaragambyo yamagana Perezida Ruto muri Kenya
Yanditswe: Monday 20, Mar 2023
Mu bigaragambya muri Kenya, umwe amaze kuva mu mubiri nyuma yo kurasirwa uruhande rw’isoko rya Kibera mu mugi mukuru wa Nairobi, aho yari mu nzira agerageza kuwinjiramo.
Mu bigaragambya muri Kenya, umwe amaze kuva mu mubiri nyuma yo kurasirwa uruhande rw’isoko rya Kibera mu mugi mukuru wa Nairobi, aho yari mu nzira agerageza kuwinjiramo.
Uyu warashwe yari umucuruzi usanzwe wariho azunguza ibicuruzwa bye, akaba yarashwe yitiranijwe n’abarimo kwigaragambya nk’uko amakuru yababibonye abivuga.
Ababibonye bashimangiye ko iyo nzira karengane yarashwe n’igipolisi cya Kenya ubwacyo , bigereranywa no gukora ibikorwa by’urugomo buhumyi.
Usibye uyu witabye Imana, hari n’undi wakomerekeye muri iryo raswa ubu akaba yajyanywe kwa muganga kuri moto ngo yitabweho.
Amakosa yakozwe n’igipolisi muri Kenya yarushijeho gukomeza ibintu kuko ubu abigaragambya babaye benshi kandi bose bari inyuma ya Raila Odinga uyoboye abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya.
Kugeza ubu, umugi wa Nairobi wuzuyemo akavuyo ka bigaragambya bigaragara ko wabaye umuzigo ukomeye ku gipolisi kiri kugerageza guhosha imyigaragambyo
Ubu imihanda myinshi yafunzwe mu rwego rwo gukumira abigaragambya kwihuriza hamwe ngo bigaragambye.
BBC
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *