Umutekano
Umunyeshuri yiyahuriye mu rusengero bitera benshi urujijo
Yanditswe: Wednesday 13, Sep 2023
Abapolisi bo mu burasirazuba bwa Rachuonyo, mu Ntara ya Homa Bay muri Kenya, barimo gukora iperereza ku rupfu rw’umukobwa w’imyaka 16 bivugwa ko yiyahuriye mu rusengero rwo mu mudugudu wa Ogenga.
Umurambo w’uyu mukobwa wigaga mu cyiciro cya munani wabonetse mu rusengero ruri hafi y’ishuri rye.
Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’agateganyo w’ikigo cya Kasewe, Dickson Samba, ngo uyu munyeshuri yavuye mu rugo ku wa kabiri saa sita z’amanywa, yerekeza ahatazwi, gusa nyina yamubonye nyuma y’amasaha make yapfuye.
Kugeza ubu, urupfu rwe ntirurasobanuka kandi umurambo we wajyanwe mu bitaro gukorwaho iperereza.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *