Umupolisi yateye umuyobozi we n’umuhoro amukata mu kiganza
Yanditswe: Tuesday 29, Aug 2023
Mu mpera z’icyumweru gishize,polisi yo mu gace ka Ndhiwa mu gace ka Homabay bataye muri yombi mugenzi wabo wavugaga ko yateye umuyobozi wabo yitwaje umuhoro, amusiga amukase mu kiganza.
Muri raporo ya Polisi yakozwe na sitasiyo ya Polisi ya Ndhiwa, Bwana Augustine Oketch ngo yaba yaribasiye Bwana Koech Kimutai, ushinzwe ishami rya Polisi rya Pala, nyuma yo gushwana nawe bapfuye umuntu wari ufunzwe ariko akarekurwa mu buryo budasobanutse.
Ati: “Byatangajwe na Bwana Koech Kimutai ukuriye Sitasiyo ya Polisi ya Pala ko yatewe na Bwana Augustin Oketch wamutemye akoresheje umupanga utyaye.
OCS yayoboye itsinda ry’abapolisi berekeje aho byabereye maze bemeza ko bombi bashwanye bapfuye imfungwa."
Ibyanditswe muri raporo ya polisi bivuga ko Bwana Koech Kimutai yasuye mu rugo Bwana Oketch kugira ngo ahabwe ibisobanuro bijyanye n’imfungwa yari yarafashwe ku wa gatandatu, tariki ya 26 Kanama 2023, ariko ikaba yarafunguwe mu buryo butumvikana mu kasho yari ifungiwemo.
Aho kumva ibiganiro, Bwana Oketch ngo yafashe umuhoro, ashaka kumutema umutwe. Uburyo bwihuse bwo kwirwanaho bwakozwe na Bwana Koech Kimutai bwarinze umutwe we, bimuviramo gukatwa mu kiganza.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *