Umusirikare w’umugore wo mu ngabo za ONU zishinzwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri Republika ya demokarasi ya Kongo yishwe kuri uyu wa mbere mu gitero cyagabwe n’umutwe w’inyeshyamba za ADF mu majyaruguru y’igihugu.
Uwo musirikare w’imyaka 28 ukomoka muri Malawi yishwe ubwo inkambi y’i Kiliya mu ntara ya Beni yaterwaga, nkuko Minisitiri wa Malawi ushinzwe ingabo yabivuze.
Amakuru ava muri ONU ku muntu utashatse ko amazina ye amenyekana yavuze ko icyo gitero ku ngabo za MONUSCO (…)
Umusirikare w’umugore wo mu ngabo za ONU zishinzwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri Republika ya demokarasi ya Kongo yishwe kuri uyu wa mbere mu gitero cyagabwe n’umutwe w’inyeshyamba za ADF mu majyaruguru y’igihugu.
Uwo musirikare w’imyaka 28 ukomoka muri Malawi yishwe ubwo inkambi y’i Kiliya mu ntara ya Beni yaterwaga, nkuko Minisitiri wa Malawi ushinzwe ingabo yabivuze.
Amakuru ava muri ONU ku muntu utashatse ko amazina ye amenyekana yavuze ko icyo gitero ku ngabo za MONUSCO cyakozwe n’inyeshyamba z’umutwe wa ADF, ubangamiye umutekano muri Kongo.
Mu kwezi kwa cumi na kabiri 2017, ADF yishe abasirikare ba ONU 15 bakomoka muri Tanzaniya muri Beni. Mu kwezi kwa cumi na kabiri mu mwaka wakurikiyeho, abandi basirikare barindwi ba ONU barishwe mu mutego wa ADF.
IJWI RY’AMERIKA
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *