skol

US: Imfungwa yishe mugenzi we imuziza ibara ry’uruhu rwe

Yanditswe: Tuesday 21, Nov 2023

featured-image

Ku wa mbere, ibiro bishinzwe umutekano mu ntara ya Clayton byatangaje ko birimo gukora iperereza ku bwicanyi “buturuka ku moko” bwabaye ku cyumweru muri gereza y’intara ya Clayton i Jonesboro, muri Georgia, aho imfungwa bivugwa ko yakubise mugenzi we bafunganwe arapfa “kubera ibara ry’uruhu rwe.”

Ku wa mbere, umuyobozi wa Polisi w’akarere ka Clayton, Levon Allen, mu itangazo yageneye abanyamakuru yavuze ko imfungwa Jaquez Jackson “yakubise bunyamaswa mugenzi we akoresheje amaboko, amukubita ibipfunsi cyane, amutera imigeri kandi amukubita umutwe ku musarani, aramwica kubera ibara ry’uruhu rwe.”

Izina ry’uwishwe ntiriratangazwa.

Allen yagize ati: "Mu iperereza, imfungwa Jaquez Jackson yabwiye inshuro nyinshi abakora iperereza ko adakunda Abanyamegizike / Abavuga icyesiipanyole kandi ko yashakaga kubica."

Nk’uko ibiro bya sheriff bibitangaza, ngo Jackson arashinjwa ibyaha birimo ubwicanyi, gukomeretsa bikabije no gutangiza imvururu.

Ari muri gereza y’intara ya Clayton by’agateganyo kubera ibi byaha akekwaho by’umwicanyi.

Jackson yakatiwe imyaka itanu ku ya 20 Mata 2022,irimo gufungwa amezi 12 n’indi myaka ine isubitse, ariko isubikwa ry’igifungo cye ryakuweho ku ya 11 Kanama, nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Sheriff.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa