skol

USA: Umuyobozi wa CIA yasabye Trump kwitondera Iran n’ Uburusiya

Yanditswe: Wednesday 30, Nov 2016

Umyobozi w’ ikigo cy’ Amerika gishinzwe ubutasi CIA, yaburiye Perezida Donald Trump uherutse gutorerwa kuyobora Leta zunze ubumwe z’ Amerika amusaba kureka umugambi wo guhagarika amasezerano USA yagiranye na Iran agendanye n’ intwaro z’ ubumara.
Uyu muyobozi yavuze ko guhagarika aya masezerano byaba ari ubusazi kandi ko bishobora gushyira Amerika mu kaga.
Ibi John Brennan uyobora CIA yabitangaje mu kiganiro yagiranye na BBC. Brennan yanaburiye Trump ku mugambi afite wo gukorana bya hafi (…)

Umyobozi w’ ikigo cy’ Amerika gishinzwe ubutasi CIA, yaburiye Perezida Donald Trump uherutse gutorerwa kuyobora Leta zunze ubumwe z’ Amerika amusaba kureka umugambi wo guhagarika amasezerano USA yagiranye na Iran agendanye n’ intwaro z’ ubumara.

Uyu muyobozi yavuze ko guhagarika aya masezerano byaba ari ubusazi kandi ko bishobora gushyira Amerika mu kaga.

Ibi John Brennan uyobora CIA yabitangaje mu kiganiro yagiranye na BBC. Brennan yanaburiye Trump ku mugambi afite wo gukorana bya hafi n’ Uburusiya bitewe n’ amabi menshi avuga ko iki gihugu gikorera muri Syria.

Ni mugihe ubwo Trump yiyamamazaga yavugaga ko aramutse atowe yahagarika amasezerano Leta zunze ubumwe z’ Amerika zifitanye na Iran kandi agakorana bya hafi n’ igihugu cy’ Uburusiya.

Brennan amaze imyaka ine ayobora CIA, biteganyijwe ko azaba kuri uyu mwanya mu kwezi kwa mbere umwaka utaha wa 2017. Tariki 19 Ugushyingo 2016 nibwo Perezida Trump yatoranyijwe Mike Pompeo kugira ngo azasimbure Brennan ku buyobozi bwa CIA.

Brennan aherutse gutangaza ibintu ubuyobozi bwa Trump bugomba gukora avugamo ko bugomba kwitonda mu mvugo bukoresha ku mubano w’ Amerika n’ uburusiya, ku byerekeye iterabwoba, no kumasezerano y’ ibitwaro bya kirimbuzi hagati y’ USA na Iran.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa