skol
fortebet

Wagner Group yemerewe kwitabwaho byihariye ngo ikomeze irwane ku Burusiya

Yanditswe: Sunday 07, May 2023

featured-image

Sponsored Ad

Umuyobozi w’umutwe w’Abacanshuro b’Abarusiya bo mu kigo cya Wagner Group, Yevgeny Prigozhin, aravuga ko yahawe “isezerano” ry’amasasu menshi azava mu gisirikare cy’u Burusiya, nyuma yo gukangisha gukura abarwanyi be muri Bakhmut .

Sponsored Ad

Hagati aho,amakuru aravuga ko ibisasu byinshi byaturikiye muri Crimea mu gihe guverineri washyizweho na Moscou wa Crimée, Mikhail Razvozhayev, ashinja Kyiv kuba yagabye ibitero birenga 10 by’indege zitagira abadereva kuri uyu mwigimbakirwa nk’uko tubikesha Al Jazeera.

Impanda ziteguza ibitero byo mu kirere zumvikanye amasaha menshi muri bibiri bya gatatu bya Ukraine; aho abayobozi b’ingabo muri Kyiv bavuga ko uburyo bwabo bwo kwirinda ibitero byo mu kirere bwahanuye indege zitagira abaderevu nyinshi, harimo n’imwe yahanuriwe mu kirere cya Kyiv.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa