skol

Yishe se wamubyaye amuhoye ibigori

Yanditswe: Tuesday 08, Aug 2023

featured-image

Mu ijoro ryo ku cyumweru, umusore w’imyaka 19 yishe se amurashe umwambi mu gace ka Kambaa ka Marakwet West mu Ntara ya Elgeyo Marakwet muri Kenya.
Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi wa polisi muri ako gace, Michael Oswago, ngo bivugwa ko Thomas Kemboi yagiye mu rugo rw’umuhungu we Felistus Kipchirchir kumusaba ibigori.
Umuyobozi wa polisi ati: “Habayeho kutumvikana ubwo yageraga mu rugo rw’umuhungu we batangira gutongana. Se w’uyu muhungu yararakaye cyane amutera isuka ”,
Bivugwa ko (…)

Mu ijoro ryo ku cyumweru, umusore w’imyaka 19 yishe se amurashe umwambi mu gace ka Kambaa ka Marakwet West mu Ntara ya Elgeyo Marakwet muri Kenya.

Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi wa polisi muri ako gace, Michael Oswago, ngo bivugwa ko Thomas Kemboi yagiye mu rugo rw’umuhungu we Felistus Kipchirchir kumusaba ibigori.

Umuyobozi wa polisi ati: “Habayeho kutumvikana ubwo yageraga mu rugo rw’umuhungu we batangira gutongana. Se w’uyu muhungu yararakaye cyane amutera isuka ”,

Bivugwa ko umuhungu yahise yinjira mu nzu asohoka afite umuheto n’imyambi, arasa se mu ijosi aramwica ahita atoroka.

Nyuma yaje gufatirwa mu bitaro biri hafi aho ari kuvurwa ibikomere yagize muri ayo makimbirane.

Ikinyamakuru The Citizen kivuga ko kugeza ubu, Kipchirchir afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Arror aho ategereje kuburanishwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa