skol
fortebet

Abakozi batsinze Akarere ka Rutsiro bagasubizwa mu kazi bahise basezera rugikubita

author-image

Yanditswe na: Emmy
Kuwa: Tuesday 05, May 2026

Abakozi batsinze Akarere ka Rutsiro bagasubizwa mu kazi bahise basezera rugikubita

Sponsored Ad

skol

Abakozi babiri bamaze imyaka itatu baburana n’Akarere ka Rutsiro, bagasubizwa mu kazi, nyuma y’uko urukiko rugaragaje ko bari barirukanwe binyuranyije n’amategeko, basezeye rugikubita.

Aba bakozi ni Mujawimana Anathalie wari ushinzwe ibihingwa ngengabukungu akabifatanya no kuyobora by’agateganyo ishami ry’ubuhinzi n’umutungo kamere na Muhire Eliezer wari umushoferi w’Akarere.

Aba birukanywe bakekwaho kwiba inkunga y’imyenda yari igenewe gufasha abibasiwe n’ibiza byibasiriye aka karere muri Gicurasi 2023, nyuma baza gutsinda Akarere.

Basubijwe mu kazi kuva tariki 01 Mata 2026, ariko basezeye bataramara n’ukwezi mu kazi.

Amakuru dukesha igihe avuga ko aba bakozi banditse basezera akazi kubera impamvu zabo bwite, aho umwe muri bo yabonye akazi mu kindi kigo, undi na we agasabwa gusezera kubera ko imyanya yabo yari yaramaze gushyirwa ku isoko ikajyamo abandi bakozi.

Ayaa makuru akomeza avuga ko uwasabwe kwandika asezera akazi yabisabwe n’Akarere ka Rutsiro nyuma yo kubwirwa ko umwanya we wari warahawe undi mukozi.

Mu ibaruwa ibagarura mu kazi IGIHE ifitiye kopi igaragaza ko Akarere kabasubije mu kazi gashingiye ku mwanzuro w’urubanza wemeje ko basubizwa mu kazi kandi bakishyurwa indishyi zikomoka kuri uko kwirukanwa.

Bashingiye kandi ku mwanzuro w’inama ya Komite Nyobozi y’Akarere ka Rutsiro yo ku wa 24 Werumwe 2026 ku ngingo irebana n’imicungire y’abakozi; ari na bwo basabwe gusubira mu kazi tariki 01 Mata 2026.

Ubuyobozi bw’Akarere bwabamenyesheje ko indishyi zategetswe n’urukiko zirimo gushakwa zikazashyirwa mu ngengo y’imari ya 2026/27.

Raporo ya Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Abakozi ba Leta y’ibikorwa bya 2024/25 yagaragaje ko hakozwe isesengura ku manza 39 zijyanye n’umurimo zaciwe mu mwaka wa 2023/2024 zagaragaye mu nzego za Leta 22.

Abakozi bari 45 ni bo bajyanye leta mu nkiko. Imanza icyenda leta yarazitsinzwe. Leta yatsinze imanza 30. Leta yatanze indishyi za 30.667.798 Frw.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa